Human Rights Watch, ishyirahamwe riharanaira uburenganzira bwa muntu, ryasabye Umuryango w’Ubumwe bwa Afrika gushyiraho urukiko rugenewe kuburanisha ibyaha bikomeye cyane byakozwe muri Sudani y’Epfo aho iryo shyirahamwe rivuga ko igisirikare cya leta n’abarwanya ubutegetsi bahonyoye bikomeye uburenganzira bw’ikiremwamuntu.
Kuri uyu wa Mbere Human Rights Watch yatangaje ko hari ibimenyetso by’ubwicanyi, gufata abapfasoni ku ngufu no kurigisa abantu byakozwe n’ingabo za leta mu Ntara ya Western Equatoria.
Mu kwezi gushize, Umunyamabanga Mukuru wungirije wa Loni, Ivan Simonovic, yerekanye ko Intara ya Western Equatoria ari imwe mu bice byabereyemo ubwo bwicanyi. Yavuze ko yabonye amakuru y’ubwicanyi no gufata ku ngufu abagore nk’uko VOA dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.
Human Rights Watch ivuga ko abashakashatsi basuye akarere ka Western Equatoria mu kwezi gushize kwa Gashyantare, aho abatangabuhamya batangaje ko abasirikare bal eta bagabye ibitero mu ngo z’abaturage, bagasahura, ndetse bagakura mu byabo ibihumbi n’ibihumbi by’abasivili.
Nubwo amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono mu kwezi kwa munani muri Sudani y’Epfo hagati ya leta n’abarwanya ubutegetsi, ubwicanyi ntibubura gukomeza nk’uko iyi nkuru isoza ivuga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



