Uganda: Hadutse indwara itaramenyekana yibasira abana, 8 bamaze gupfa

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Uganda ihangayikishijwe n’icyorezo cy’indwara itaramenyekana irimo kwibasira abana bato, aho bafatwa banyara amaraso, kugeza ubu 8 mu basaga 45 bafashwe mu minsi 7 gusa bakaba bamaze gupfa.

Ibi byatangajwe n’umwe mu bagize Inteko ishinga amategeko ya Uganda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 23 Gicurasi 2018, Rose Mutonyi aho yavuze ko iyi ndwara yatangiye kugaragara kuva mu minsi yashize mu Burasirazuba bw’igihugu cyane cyane mu duce twa Bukusu, Nabutoola ndetse na Bugobelo.

Uyu mudepite yakomeje avuga ko iyi ndwara yayobeye abaganga ndets eikaba yica vuba kuko mu bana 48 baherutse kujyanwa kwa muganga, 8 muri bo bahise bapfa mu gihe abandi bakiri kurwana n’akuka ka nyuma.

Yavuze ko aba bana batangira banyara amaraso, nyuma bakaribwa mu nda bagahinda n’umuriro, kugeza ubu abaganga bavuga ko bataramenya byinshi kuri iyi ndwara.

Umuvugizi w’Inteko ishinga amategeko ya Uganda, Kadaga yahise asaba Minisiteri y’ubuzima inshingazo zo kujya gukora iperereza kuri iyo ndwara, hakamenyekana ikiyitera dore ko ngo yaburiwe n’izina, yasabye ko mu cyumweru kimwe baba bamaze kubona igisubizo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *