Abasirikare babiri bo mu mutwe ushinzwe kurinda perezida wa Uganda batawe muri yombi bakurikiranweho uruhare mu kwiba akayabo ka miliyoni 700 z’amashilingi ahantu habiri hatandukanye muri Kampala.
Uyu mutwe ushinzwe kurinda Museveni uzwi nka SFC (Special Forces Command) urinda n’abanyacyubahiro bandi. Abasirikare babiri bo muri uyu mutwe, Capt Nyakaringwa n’undi witwa Chemonges kuri ubu bafungiye ku cyicaro gikuru cya polisi ya Uganda muri Kampala.
Amakuru aturuka muri polisi agera ku kinyamakuru The Observer avuga ko aba basirikare bari bamwe mu bagize agatsiko k;abantu bitwaje intwaro bateye abanyemari bane b’Abashinwa b’ahitwa Kireka, bakabiba miliyoni 300.
Kuri uwo munsi n’ubundi , ako gatsiko bivugwa ko nyuma kongeye kwiba umuherwe wo muri Kampala miliyoni 400 z’amashilingi ahitwa Muyenga nyuma yo kumukangisha imbunda.
Biravugwa kandi ko aba basirikare bafashwe n’abapolisi bakuwe mu kigo cya SFC muri Entebbe nyuma y’ibintu byavanwe muri telephone bigaragaza ko bagize uruhare muri ubu bujura.
Amakuru akomeza avuga ko aba bashinwa nyuma yo kwibwa bagiye kuregera umukuru w’igipolisi, Kale Kayihura, bijujutira uko ikibazo cyabo cyari kirimo kirakurikiranwa. Bivugwa ko ngo bamubwiye ko bafite ibimenyetso bimwe bishobora gufatisha abakekwa, ariko ngo abashinzwe iperereza muri polisi babyirengagije.

Kayihura bivugwa ko yahise ategeka umukuru w’umutwe wa polisi uzwi nka Police Flying Squad, Herbert Muhangi, gukurikirana iki kibazo, aho ngo yahereye ku byatangajwe n’abo bashinwa bamuhaye amazina y’abakekwaho kubiba.
Haherewe kuri aya makuru, bivugwa ko igipolisi cyahise gita muri yombi Byaruhanga, wahoze ukora mu ishami ry’iperereza rya gisirikare (CMI), maze yahatwa ibibazo akemera ko yagize uruhare muri ubwo bujura bafashijwe n’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda perezida.
Biravugwa ko uyu Byaruhanga yahishuye ko ari we wazanye igitekerezo akakigeza kuri aba basirikare nabo bagatanga imbunda zakoreshejwe. Nyuma y’uko aba basirikare bashyizwe mu majwi, Muhangi yahise yandikira ubuyobozi bwa SFC bumuha uburenganzira bwo kubafata no kubakoraho iperereza.
Amakuru aturuka muri polisi nayo ngo akaba avuga ko aba basirikare bafashwe bagahatwa ibibazo bakemera ko bagize uruhare muri ubu bujura, bavuga ko bariwe urwara n’uwitwa Santario Awori bari bazi nk’umusirikare wa UPDF, bituma nawe atabwa muri yombi.
Awori nawe nyuma yo gufatwa ngo yahishuye ukuntu yayoboye ubujura bwinshi muri Kampala, aho ngo yakoreshaga abashinzwe umutekano batandukanye.
Abajijwe icyo avuga kuri aya makuru n’iki kinyamakuru, umukuru wa Police Flying Squad, Herbert Muhangi yemeje aya makuru, akomeza avuga ko muri rusange bamaze gufata abantu batatu bakekwaho uruhare muri ubu bujura bakaba bari kubaha amakuru yatuma n’abandi bafatwa, aho ngo iperereza nirirangira bazashinjwa icyaha cy’ubujura bukabije.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


