Umunyapolitiki Twagiramungu Faustin avuga ko Perezida Nkurunziza w’u Burundi, umukinnyi w’umupira w’amaguru akaba n’umunyapolitiki, yatsinze igitego abamurwanya batazabasha kumwishyura.
Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, ubu akaba atavuga rumwe na Leta iriho, avuga ko Perezida Nkurunziza yabashije kunesha abashakaga kumuhirika ku butegetsi, anavuga ko adakeneye kwiyamamaza ku yindi manda mu mwaka wa 2020. Ibi ngo ni nk’igitego yatsinze abamurwanya.
Agira ati “Perezida Nkuruzinza abaye ‘Sebarundi’, umuyobozi urangwa n’Inkurunziza, akarangwa n’ukuri kunyura muziko ntigushye, umukinnyi w’umupira akaba n’umuhanga muri poliitike y’ubumwe bw’Abarundi, ari nawo murage basigiwe n’umuganwa Rwagasore, yakurikijwe na Ndadaye akabizira akicwa, bizandikwa mu mateka y’u Burundi ko yatsinze igitego cy’ubumwe n’amahoro mu Burundi. Abamurwanya ntabwo bazacyishyura, kubera ko bakina umukino wa politiki ishaje”.
Twagiramungu avuga ko amasengesho ya Nkurunziza ariyo yamufashije gutsinda icyo gitego, ati “Imana ifasha umugaragu wayo Nkurunziza, udahwema kuyambaza, imuha gukoresha ubwenge yamuhaye n’ubwitonzi yasigiwe na papa we (nawe wabaye igitambo muri 1972) na mama we wa mureze ari imfubyi, akamutoza gukomeza ubwo bwitonzi, ari nako amutoza gukunda igihugu cye n’Abarundi atabavangura. Uburere bw’ababyeyi ni ingirakamaro.
Twagiramungu avuga ko ijambo Nkurunziza yavuze, ashimangira ko ataziyamamaza mu 2020, rigiye kubera u Burundi n’abanyagihugu bose ishingiro ry’amahoro n’ubumwe barwaniye kuva kera, bakaba barabitangiye n’igitambo.
Coup d’Etat Twagiramungu yakomojeho abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, avuga ko ubwo Nkurunziza yayisimbukaga yatsinze igitego, yabaye ku wa 13 Gicurasi 2015, aho bamwe mu basirikare n’abapolisi bageragezaga kumuhirika ku butegetsi, bayobowe na Gen Niyombare Godefroid.
Nyuma yo gupfuba kwayo, bamwe mu bari bayoboye uwo mugambi barimo Gen Ndayirukiye Cyrille wahoze ari Minisitiri w’Ingabo mu Burundi, barafashwe barafungwa, naho Gen Niyombare wari ku isonga, ahita ahungana na bamwe mu basirikare bari bamushyigikiye ubu irengero rye rikaba ritazwi.
Mu mwaka wa 2015, ubwo Perezida Nkurunziza yiyamamazaga kuri manda ya gatatu, nibwo mu Burundi imvururu zahavutse, abaturage basaga igihumbi baricwa abandi ibihumbi amajana barahunga.
Muri izo mvururu zatangiye muri Mata, zakurikiwe n’iri gerageza ryo kumuhirika ku butegetsi ubwo yari yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bahuriye mu muryango wa Afurika y’i Burasirazuba yabarega muri Tanzania.
Ubu kuba Nkurunziza avuga ko atazongera kwiyamamaza kandi ishyaka CNDD FDD ryaramugize umuyobozi w’ikirenga waryo, bamwe mu banyapolitiki babifata nkaho atari ukuri, ko bazabyemera igihe kigeze.
Bamvuginyumvira Frédéric wahoze ari Visi Perezida w’u Burundi (1996-2001) ubu akaba ari umuyobozi mukuru w’ishyaka, Sahwanya Frodebu, avuga ko ibyo Nkurunziza yavuze bitizewe.
Ati “Mu by’ukuri muri twebwe nta wabyemera kuko ibyo uwo muntu [Nkurunziza] amaze kutubeshya si bikeya, ni byinshi,… byaravuzwe ko nta wundi wamujya imbere, byaravuzwe n’umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD,… byavuzwe n’ Imbonerakure, bahora babiririmba ko nta wundi utari we,…”.
Perezida Nkurunziza yagiye ku buyobozi mu 2005, ubu akaba ayoboye manda ya gatatu. Avuze ko ataziyamamaza mu 2020, mu gihe abatavuga rumwe na Leta bemeza ko Itegeko Nshinga ryahinduwe kugira ngo aziyongeze izindi manda kugeza 2034.



