Abanyarwanda barasabwa kubyaza amahirwe y’ishoramari aboneka mu gihugu cya Singapuru

Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda Vincent Munyeshyaka, arasaba Abanyarwanda gushora imari mu gihugu cya Singapuru mu rwego rwo kubyaza umusaruro amasezerano y’ishoramari yashyizweho umukono hagati y’u Rwanda na Singapuru. Ibi Munyeshyaka yabitangaje nyuma yaho Minisitiri ’Intebe Dr.Edoaurd Ngirente yakiriye Minisitiri w’Intebe wungirije wa Singapuru, Koh Poh Koon kuri uyu kane tariki ya 14 Kamena, nyuma y’ibiganiro byaba […]

Minisiteri y’uburezi yateye utwatsi iby’uko abanyeshuri batunga telefoni ngendanwa ku mashuri

Minisitiri w’Uburezi Dr. Eugene Mutimura yatangaje ko leta y’u Rwanda yamaze gufata icyemezo ko idashobora kwemerera abana biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye gutunga telefoni ngendanwa igihe bari ku ishuri. Minisitiri Mutimura yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa kane tariki ya 14 Kamena 2018 ku biro bya Minisiteri w’intebe (Primature) , mu nama yavugaga  ku […]

Jacob Zuma arashinjwa kugabanya igihugu mo Kabiri,  ishyaka ANC ndetse n’itorero asengeramo

Uwahoze ari perezida wa Repubulika y’Afurika y’Epfo, Jacob Zuma ashinjwa kugabanya igihugu yari abereye umuyobozi mo ibice bibiri bihanganye, kugabanya ishyaka riri ku butegetsi ndetse vuba aha akaba aherutse no gutuma itorero yasengeragamo ricikamo ibice bibiri. Mu minsi yashize, nibwo perezida Zuma yashatse gushyiraho ihuriro ry’abanyamadini n’abanyepolitiki muri Afurika y’Epfo, iryo huriro rikaba ryagombaga gutangizwa […]

Umugabo wanjye arara arota undi mugore basambana, njye amfata nk’injiji iri aho- Nkore iki?

Amahoro ya nyagasani ahorane na mwe, nitwa Uwingabire iwacu ni muri Nyamagabe, mfite umugabo nkaba umubyeyi w’umwana umwe. Nk’uko nakunze gusoma inama zinyura kuri iki kinyamakuru cyanyu ‘Bwiza.com’ na njye ndashaka ko mungira inama. Mfite umugabo ariko amfata nk’udahari, kuko afite inshoreke igiye gutuma nsara nkiruka ku gasozi. Mu by’ukuri umugabo wanjye twabanye nkiri muto, […]

Uganda: Haburijwemo imyigaragambyo y’abashyigikiye Gen Kale Kayihura nyuma y’itabwa muri yombi rye

Igipolisi cya Uganda muri Kisoro cyitambitse agatsiko k’abantu bashyigikiye uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen. Kale Kayihura, watawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu, aho bivugwa ko aba bashakaga guteza imyigaragambyo yamagana ifatwa rye. Iyi myigaragambyo ikomeye yo kwamagana itabwa muri yombi rya Gen. Kale Kayihura biravugwa ko yategurwaga na bamwe mu bayobozi bari munsi y’inama […]

RDB irateganya gufunga business zirangwamo ivangura

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, kiraburira abakora mu bikorwa by’ubukerarugendo no mu zindi serivisi kivuga ko bashobora gufungirwa business nibaramuka basanzweho kurangwa n’ivangura. Iki cyemezo kikaba kireba ahanini ahantu hahurira abantu benshi nko mu maresitora, utubyiniro, ibigo bitembereza abantu, ababayobora (guides) n’amahoteli. Ngo gufunga business bizaba ari umwanzuro wa gatatu nyuma kuburirwa ku mugaragaro no gucibwa […]

Kenya na Uganda birashinjwa kuba indiri abayobozi bakuru ba Sudani y’Epfo basahuriramo imitungo

Amerika yashyizwe mu majwi leta ya Uganda na Kenya kuba bikomeje kuba indiri abayobozi bakuru b’igihugu cya Sudani y’Epfo basahuriramo imitungo y’igihugu.   The eastafrican dukesha iyi nkuru ivuga ko aba bayobozibakuru muri  Sudani hamwe n’abandi batandukanye  bafite imitungo irimo n’inyubako zihenze n’amafaranga kuri konti mu mijyi ya Kampala na Nairobi ndetse bamwe mu bagize […]

Joseph Kanyabashi wabaye Burugumesitiri wa Ngoma akagira n’uruhare muri jenoside yitabye Imana

Joseph Kanyabashi wabaye Burugumesitiri wa Komini Ngoma, mu yahoze ari Perefegitura ya Butare, akaza kugira uruhare muri jenoside agakatirwa imyaka 20 y’igifungo n’Urukiko rwa Arusha, yitabye Imana aguye I Nairobi kuri uyu wa gatatu nk’uko amakuru agera kuri Bwiza avuga. Uyu mugabo yafatiwe mu gihugu cy’u Bubiligi mu 1995, ashinjwa uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, […]

Angola irateganya kwigana u Rwanda ikinjira muri Francophonie no muri Commonwealth

Perezida wa Angola, Joao Lourenco, yatangaje icyifuzo cy’igihugu cye cyo kuba umunyamuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth) ndetse n’umuryango uhuza ibihugu bikoresha Igifaransa (Francophonie). Angola ikaba ishaka gufatira urugero ku Rwanda na Cameroon nk’ibihugu bibarizwa muri iyi miryango ibiri. Perezida Lourenco yavuze ko igihugu cye gikikijwe n’ibihugu bidakoresha Ikinya-Portugal (igihugu cyayikolonije), ahubwo ikikijwe n’ibihugu bikoresha Igifaransa […]

Uganda: Abapfumu bashinjwa kwica umuntu bakamukata igitsina bari mu mazi abira

Polisi yo mu gace ka Jinja iri mu iperereza aho abapfumu babiri bashinjwa kwica umuntu bakamuka igitsina. Aba bapfumu bashinjwa kwica mu kwezi gushize uwitwa Lekuru Sabina w’imyaka 38 y’amavuko, umurambo we ukaba warabonwe mu murima w’ibisheke. Ubwo umurambo we wajyanwaga mu bitaro bikuru bya Jinja gukorerwa isuzuma, ngo basanze yarishwe anizwe ndetse basanga yaranakaswe […]

RDC: Amatora agiye kuba atarimo perezida Kabila — Minisitiri w’Intebe Bruno Tshibala

Perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ntabwo aziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza kubera ko itegeko nshinga ritabimwemerera nk’uko byatangajwe na minisitiri w’intebe, Bruno Tshibala kuri uyu wa Kabiri ushize. “Amatora agiye kuba atarimo perezida Kabila uzubaha itegeko nshinga”, ibi byatangajwe naminisitiri w’intebe, Bruno Tshibala mu kiganiro […]

Amande ahanitse acibwa abacuruzi ni mwe mu mpamvu zituma RRA itagera ku ntego zayo

Amande ahanitse acibwa abacuruzi ni mwe mu mpamvu zatumye RRA itagera ku ntego zayo Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA kivuga ko ibihano biri muri politiki y’imisoreshereze bihanitse, aho umuntu akerererwa kwishyura umunsi umwe  tukamuca 60% bityo ugasanga abacuruzi baciwe ayo mafaranga bahita bashaka andi manyanga bakoresha ntibayishyure cyangwa bagahitamo guhagarika bizinesi zabo. Ibi ni […]

Twagiramungu avuga ko Perezida Nkurunziza yatsinze igitego kitazishyurwa n’abakina politiki ishaje

Umunyapolitiki Twagiramungu Faustin avuga ko Perezida Nkurunziza w’u Burundi, umukinnyi w’umupira w’amaguru akaba n’umunyapolitiki, yatsinze igitego abamurwanya batazabasha kumwishyura. Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda, ubu akaba atavuga rumwe na Leta iriho, avuga ko Perezida Nkurunziza yabashije kunesha abashakaga kumuhirika ku butegetsi, anavuga ko adakeneye kwiyamamaza ku yindi manda mu mwaka wa 2020. Ibi ngo […]

Uganda: Uko itabwa muri yombi rya Gen Kale Kayihura ryagenze n’uko yagerageje gucika ntibimuhire

Ikinyamakuru Chimpreports cyashyize ahagaragara uko itabwa muri yombi ry’uwari umukuru w’igipolisi  cya Uganda ryagenze, kigaragaza imvo n’imvano n’uko yaba yaragerageje gutoroka igihugu ariko ntibimukundire. Ni nyuma y’inama ikomeye y’amasaha atatu y’akanama k’umutekano k’igihugu yari iyobowe na perezida Yoweri Museveni ubwe. Bamwe mu bagize aka kanama ni minisitiri w’umutekano, Gen. Jeje Odong, Umunyamabanga Mukuru wa NRM, […]

Rwamagana: Kabarinda wabaga mu nzu yita ‘Akazu gato’ arishimira iyo yaremewe na Polisi

Kabarinda Concilia, Umupfakazi w’imyaka 55 y’amavuko; wari utuye mu nzu itameze neza mu mudugudu wa Gatare, akagari ka Gatare, umurenge wa Nyakariro, mu karere ka Rwamagana; arishimira inzu yubakiwe na Polisi y’igihugu akabasha kuva mu iyo yabagamo yita ko yari ‘Akazu gato”. Yahawe iyi nzu ku wa kabiri tariki 12 Kamena 2018, ayishyikirijwe n’ubuyobozi bwa […]