RDC: Amatora agiye kuba atarimo perezida Kabila — Minisitiri w’Intebe Bruno Tshibala

Sangiza iyi nkuru

Perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ntabwo aziyamamariza manda ya gatatu mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza kubera ko itegeko nshinga ritabimwemerera nk’uko byatangajwe na minisitiri w’intebe, Bruno Tshibala kuri uyu wa Kabiri ushize.

“Amatora agiye kuba atarimo perezida Kabila uzubaha itegeko nshinga”, ibi byatangajwe naminisitiri w’intebe, Bruno Tshibala mu kiganiro na Reuters muri Canada aho yari yitabiriye inama ya International Forum of the Americas I Montreal.

Ibi Tshibala yabitangaje mu gihe muri Congo hakomeje kugaragara ibimenyetso by’uko perezida kabila wasimbuye ku butegetsi ise, Laurent Kabila, yaba arimo kwitegura kuzahatanira manda ya gatatu.

Minisitiri w’Intebe Tshibala kandi yashimangiye ko amatora agomba kuba kuwa 23 Ukuboza nk’uko biteganyijwe. Ati: “Aya matora azaba ku matariki ateganyijwe”.

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yanavuze ko perezida Kabila ategereje kwitabira inama y’abayobozi bo muri Afurika iteganyijwe mu cyumweru gitaha I Luanda muri Angola, aho azaba ajyanye ubutumwa bwemeza ko Congo izubahiriza itariki y’amatora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *