Impungenge ni zose mu baturage bo muri Komini Ruhororo mu Ntara ya Ngozi, ho mu gihugu cy’u Burundi, aho ngo kuri ubu hadutse uburyo bwo kwikiza abatavuga rumwe n’ubutegetsi babashinja amarozi. Impamvu abaturage bavuga ko ari umugambi uhishe ni uko abo bantu bicwa barashwe mu gihe abaturage basanzwe nta burenganzira bwo gutunga imbunda bafite.
Biravugwa ko ku musozi wa Ryarunyinya wo muri Zone Mubanga, muri Komini Ruhororo, haherutse kwicwa uwitwa Masunzu yishwe n’Imbonerakure kuwa 08 Kamena 2018.
Abamwishe ngo bakaba baramushinjije gukoresha amarozi, mu gihe undi muntu wo ku musozi wa Taba nawe yishwe ashinjwa amarozi muri Mata nk’uko urubuga rwa RPA dukesha iyi nkuru ruvuga.
Abaturage bavuga ko aba bantu bose bishwe barashwe n’imbunda zahawe Imbonerakure.
“ Abaturage bo muri aka gace bafite ubwoba kubera ko abantu bishwe barashwe. Hari ukwiyongera kw’imbunda muri iki gice. Dutekereza ko ari intwaro zahawe Imbonerakure ziteza ibibazo. Turasaba abayobozi n’abapolisi kuba maso no kurinda umutekano wac u,” uwo ni umwe mu baturage bavuganye n’uru rubuga dukesha iyi nkuru.
Abaturage ba Komini Ruhororo kandi bemeza ko Imbonerakure zihisha inyuma y’amarozi zishaka kwegezayo abantu bo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, bagasaba ko izo mbunda bazamburwa.


