Igipolisi cya Uganda muri Kisoro cyitambitse agatsiko k’abantu bashyigikiye uwahoze ari umukuru w’igipolisi, Gen. Kale Kayihura, watawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu, aho bivugwa ko aba bashakaga guteza imyigaragambyo yamagana ifatwa rye.
Iyi myigaragambyo ikomeye yo kwamagana itabwa muri yombi rya Gen. Kale Kayihura biravugwa ko yategurwaga na bamwe mu bayobozi bari munsi y’inama y’abakurambere b’Ababafumbira, aho ngo bateganyaga kwigaragambiriza ahazwi nka Mayor’s Garden muri Kisoro.
Ibi ariko polisi yabiburijemo nyuma yo kohereza abapolisi benshi kurinda ubu busitani mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nk’uko urubuga Spyreports dukesha iyi nkuru rukomeza ruvuga.
Umuyobozi w’igipolisi muri Kisoro, Hassan Ssekalema, yatangaje ko abapolisi boherejwe ahantu hatandukanye hahurira abantu benshi harimo Mayor’s Garden n’ahazwi nka Ssaza Grounds.

Ku rundi ruhande, ikinyamakuru Chimpreports cyo kiravuga ko umukuru w’igipolisi muri Kigezi, Elly Maate, yatangaje ko abaturage bari barimo gushishikarizwa kwigaragambya n’umuyobozi wa njyanama y’Akarere ka Kisoro witwa Abel Bizimana ku mbuga nkoranyambaga abasaba guhurira kuri Mayor’s Gardens.
Elly Maate akavugako Bizimana yahamagariye abaturage kwigaragambya mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane saa tatu kubera itabwa muri yombi rya Gen. Kale Kayihura. Uyu muyobozi ngo akaba yavugaga ko ifatwa rya Gen Kayihura riteye isoni kandi ritari rikwiye.


