RDC: Bemba Jean Pierre yatanze kandidatire ye mu matora y’umukuru w’igihugu

Sangiza iyi nkuru

Jean Pierre Bemba  wahoze ari visi Perezida muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze impapuro zisaba kuba umukandida mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu Ukuboza 2018.

Bemba yatanze kandidatire ye ku wa Kane tariki ya 2 Kanama 2018, akaba yari aherekejwe n’igipolisi igihe yagezaga izo nyandiko mu biro by’akanama gashinzwe amatora mu murwa mukuru i Kinshasa.

Yatahutse mu gihugu cye muri kino cyumweru nyuma yo kumara imyaka irenze icumi mu buhungiro no muri gereza.

Yaje kugirwa umwere ku byaha by’intambara yashinjwaga n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i La Haye mu kwezi kwa Gatandatu.

BBC itangaza ko Kandidatire ye byitezwe ko igiye guha ingufu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Joseph Kabila.

Jean Pierre Bemba yatsinzwe na Joseph Kabila mu matora y’umukuru w’igihugu yo muri 2006 maze ashinjwa kuba yarateje ibikorwa by’urugomo mu murwa mukuru Kinshasa nyuma yayo matora.

Mu nyuma yashinjwe kugambanira igihugu nyuma yaho abasirikare bamurindaga barwanaga n’igisirikare cya leta mu kwezi kwa Gatatu muri 2007.

Yaregwaga mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC ibyaha byakozwe n’inyeshyamba ze muri Repubulika ya Centrafrique hagati ya 2002 na 2003.

lo

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *