Ubwami bwa Buganda buyobowe na Ronald Muwenda Mutebi bwihanangirije leta iyobowe na Yoweli Museveni buyishinja kuba yarakoreye iyicarubozo abadepite babiri ari bo Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bob Wine na mugenzi we Zaake.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisitiri w’Intebe w’ubwami bwa Buganda, Peter Mayiga rivuga ko guhohotera abaturage nta kindi bibyara uretse kongera imyivumbagatanyo n’ukwigomeka bityo ko izi ntumwa za rubanda zikwiye kuvurwa bikwiriye mu maguru mashya.
Riragira riti” Turanenga ibikorwa by’iyicarubozo no gufunga abantu mu buryo butazwi kuko binyuranye n’itegeko nshinga. Turasaba ubuyobozi ko bwaha uburengazira bwo kwivuza ibikomere aba badepite batewe bitaraba nabi”
Ubwami bwa Buganda kandi bwasabye ko hakorwa iperereza ku iraswa ry’umushoferi wa Bob Wine wishwe n’abantu bataramenyekana kugeza ubu.
Ku rundi ruhande, inzego z’umutekano zihakana ko nta hohoterwa ryakorewe Bob Wine na Mugenzi we, imvugo uyu mugabo ahakana yivuye inyuma akavuga ko ubwo inzego z’umutekano zinjiraga muri hoteli yarimo kuwa mbere w’iki cyumweru zamukubise bikomeye.
Depite wa Kyadondo y’iburasirazuba yatawe muri yombi mu ntangiriro z’iki cyumweru, ashinjwa gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kuba yaragize uruhare mu kugaba ibitero kuri imwe mu modoka ziherekeza umukuru w’igihugu ubwo hari amatora mu karere ka Arua mu cyumweru gishize.
Fred Masengesho Rugira/Bwiza.com


