Bugesera: Green Party izita ku guteza imbere ubuhinzi

Sangiza iyi nkuru

Mu kwiyamamariza mu Ntara y’Uburasirazuba Akarere ka Bugesera Umurenge wa Juru, mu gasantere ka Kabukuba, Ishyaka Green Party ryamenyesheje abaryitabiriye ko niritorwa rizakora ibishoboka ubuhinzi n’ubworozi bigatera intambwe igaragara.

e8ff5113 67f1 495e 968e 505121ee60c4

 

Dr Frank Habineza ukuriye iri shyaka yavuze ko mu gihe cyose ubutaka budahingwaho icyo umturage yifuza kandi azi neza ko ari cyo gisanzwe kera mu murima we, ngo hazahoraho gusonza kwa hato na hato kuri bamwe. Aha niho yateruriye avuga ko bazaharanira ko ubutaka busubizwa abaturage, kandi no mu guhinga imirima yabo, bakihitiramo ibibanogeye.

Ibindi byavuzweho ni ukuzamura ireme ry’uiburezi, gukora ubuvugizi hakaboneka amazi ahagije aho u Bugesera, kurushaho guhesha agaciro mituwele, kuvuza umwana utarakwiza umwaka, n’ibindi.

Nyuma ya Bugesera, Green Party yakomereje ukwiyamamaza mu Karere ka Kicukiro i Gahanga, aho ubutumwa bw’umunsi nabwo bwasaga n’ubwatangiwe mu Bugesera, hibandwa ku kuzakora ubuvugizi bukemura ibibazo by’abaturage, n’amategeko akazajya atora mu nyungu zabo.

Mu mafoto, uko byari byifashe mu Bugesera no muri Kicukiro

Amafoto…

d98f133e 81e0 4ed3 a347 cd0aa6d892aa

3b4416fc 62f3 401a b5da 4f4c0d70f42d1

c151e390 16f5 49c5 b5fe c9e25c174d54

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *