Kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Nzeri 2018, Abanyarwanda bari hirya no hino mu gihugu bazindukiye kuri site z’amatora kwitorera abagomba kubahagararira mu Nteko Nshingamategeko.
Amatora y’abadepite mu Rwanda yatangiye ejo hashize, ku Cyumweru tariki ya 2 Nzeri 2018, ku banyarwanda baba mu mahanga ndetse n’umudepite uhagarariye abafite ubumuga, aho Komisiyo y’Amatora NEC yaraye itangaje ko uwitwa Musolini Eugène ari we wahize abandi n’amajwi 75.6 % mu cyiciro cy’abafite ubumuga.
Uyu munsi tarikiya 3 Nzeri 2018, Abanyarwanda baba imbere mu gihugu baratora Abadepite rusange, naho ejo ku itariki ya 4 Nzeri 2018 hazatorwa abadepite 24 bahagarariye abagore, n’abandi 2 bahagarariye urubyiruko.
Mu Ntara y’Iburasirazuba:
Site ya Nyarusange: Iri mu mudugudu w’Agatare, akagari ka Karituti, umurenge wa Muhazi ho mu karere ka Rwamagana, umuturage wa mbere witwa Nakabonye Protegene yahageze saa Kumi z’igitondo.

Uyu mugabo wazinduwe no gutora Abadepite, ni umuhinzi, yazindutse kugira ngo atore kare asubire mu kazi ke.





Site ya Kitazigurwa: Iri mu murenge wa Muhazi, akarere ka Rwamagana


Site lycee Islamique de Rwamagana:
Kuri iyi site iri mu mudududu wa Rurembo, akagari ka Cyanya, ni naho Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Mufulukye Fred yatoreye.

Aganira n’abanyamakuru, Guverineri Mufulukye yavuze ko ubuyobozi bufite icyizere ko amatora ari bugende neza ashingiye ku bukangurambaraga bwakozwe.

Agira ati “Ndashimira abaturage bacu uruhare bagize mu gutegura ibyumba by’amatora, dufite icyizere cy’uko biragenda neza nk’uko bisanzwe”.

2.Intara y’Iburengerazuba
Site ya G.S Saint Bruno: Ni site iri mu murenge wa Gihundwe mu karere Rusizi. Abaturage bazindutse mbere ya saa moya z’igitondo kugira ngo batore kare bahite bajya mu murimo yabo. Biteganyijwe ko iyi site itoreraho abaturage bagera ku bihumbi birindwi.





Intara y’Amajyaruguru:



Kuri site ya CBS Kinigi naho abaturage bazindutse iya rubika kugira ngo bahite bajya mu mirimo yabo




Mu karere ka Gakenke,




Mu karere ka Gicumbi
Mu bitaro bya Byumba nta gutora, abarwayi n’abarwaza mu kangaratete.


Intara y’Amajyepfo:
Amatora arakomeje mu Karere ka Huye, Umurenge wa Ngoma, akagari ka Butare, muri site ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye na Ecole Primaire Catholique, harimo gutorera abaturage basanzwe, abihaye Imana (Ababikira bo kuri Mère du Verbe), abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, aba Grp Scolaire de Butare/ Indatwa n’Inkesha, Groupe Scolaire de Gatagara, EAV Kabutare, TVET Huye, …



kuri site ya Ecole Autonome de Butare abaturage bazindutse batora kare, mu masaha ya saa yine n’igice (10:30) abanyeshuri nibo bari benshi ku mirongo



Muri Muhanga ,


Muri Nyaruguru:
Ibiro by’itora bya Raranzige mu murenge wa Rusenge akarere ka Nyaruguru, abakecuru bicumye akabando bagana aho batorera, bagira bati “aya mahirwe ataducika”.


Umujyi wa Kigali:
Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR) , Dr Habineza Frank ku isaha ya saa tatu (09:00) yatoreye mu karere ka Gasabo, Umurenge wa Kimironko, akagari ka Bibare, kuri site ya Kimironko II.





