Uganda: Ingona yariye umugore n’umwana we w’amezi atanu

Sangiza iyi nkuru

Umugore wari uhetse umwana w’amezi atanu, yariwe n’ingona ubwo yari agiye kuvoma amazi mu kiyaga kiri mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Uganda.

Umuvugizi w’ikigo gishinzwe kubungabunga ubuzima bw’inyamaswa, atangaza ko abaturage bari barabujijwe kwegera aho uyu mugore yamwiciye.

Ati “tugira inama abantu kwirinda kugera aho izi ngona zirira abantu zikunze kuba ziri, zikunze kuba mu gace ko mu mazi aho amafi abyarira, iyo zitahabona amafi yo kurya zicakira abantu zikabarya”.

Ikinyamakuru Dailymonitor gitangaza ko abaturage bo muri ako gace batari bafite ubushobozi bwo gutabara uwo mugore n’umwana we.

Ati” abaturage bagerageje gutabara ariko biba iby’ubusa kuko ingona yari yarangije kubibirana mu mazi”.

Iki kinyamakuru gitangaza ko ingona y’ibiro 700 yari imaze kwica abantu batanu mu myaka itandukanye, baherutse kuyica mu kiyaga cya Victoria, ko hari n’indi ihigwa nyuma yo kurya ihene 32 mu gace ka Ngoma.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *