RDC: Ntihavugwa rumwe ku mubare w’abaguye mu bitero byagabwe ku birindiro 3 by’ingabo za FARDC

Sangiza iyi nkuru

Abantu 11 barimo abasirikare ba leta baguye mu bitero inyeshyamba zagabye ku birindiro bitatu bya FARDC mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, itariki 16 Nzeri muri Teritwari ya Djugu mu Ntara ya Ituri ho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Ibirindiro byatewe n’inyeshyamba zitaramenyekana ni ibya Muvaramu, Songamoya na Tara.

Amakuru ava mu nzego z’umutekano aravuga ko, agatsiko k’abantu bitwaje intwaro zikomeye karashe ku ngabo za leta mbere y’uko zitabara. Ibitero bikaba byagabwe ku birindiro by’ingabo zirwanira mu mazi ahantu hatatu, aho bivugwa  inyeshyamba zabanje gutera ibirindiro bya Muvaramu, zigakurikizaho ibya Songamoya na Tara. Utu duce twose ngo tukaba turi ku nkombe z’Ikiyaga cya Albert.

Iyi nkuru dukesha Radio Okapi irakomeza ivuga ko habayeho guhangana hagati y’ingabo za leta n’abaziteye mu gihe cy’amasaha menshi, abasirikare 8 ba FARDC n’abasivili batatu bakicwa. Haravugwa ko abandi basirikare bane bafashwe ndetse hagafatwa n’imbunda yo mu bwoko bwa AK 47 nk’uko amakuru aturuka ahabereye imirwano avuga.

Umuyobozi wa Teritwari ya Djugu yemeje aya makuru y’ibi bitero, ariko ntiyatanga amakuru arambuye. Uyu muyobozi, Alfred Bongwalanga, we avuga ko hakomeretse umusivili umwe bikabije akajyanwa kwa muganga, ndetse hakaba hanakomeretse umwana nawe wajyanywe kwa muganga.

Ku ruhande rwa FARDC, yo ntiyemera iyo mibare yatanzwe haruguru, ahubwo ivuga ko yapfushije abasirikare babiri ndetse hagapfa n’abasivili batatu nk’uko byemejwe na Lt. Jules Ngongo, umuvugizi wa FARDC muri Ituri.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *