RDC: Depite Zoe Kabila nawe arashima icyemezo cyafashwe na mukuru we Joseph Kabila

Sangiza iyi nkuru

Depute Zoe Kabila uhagarariye Manono mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo, yashimye icyemezo cyafashwe na mukuru we, Joseph Kabila, cyo kutaziyamamariza indi manda mu matora ataha. Yabitangaje ubwo yari mu bukangurambaga ku matora muri iyi teritwari ya Manono yo mu Ntara ya Tanganyika ahagarariye mu nteko.

Depite Zoe kabila yashimye icyemezo cya Perezida Kabila cyo kubaha itegeko nshinga no kuba yarahisemo uzamusimbura, Emmanuel Ramazani Shadary ngo abe ari we uzahatana mu matora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza ku iturufu y’ishyaka PPRD riri ku butegetsi kuva mu 1997.

Ibi yabivugiye mu biturage bya Kyambi na Mukebo, aho yasabye abaturage b’aha kugirira icyizere no gushyigikira ihuriro ry’amashyaka ashyigikiye ubutegetsi rizwi nka Front Commun pour le Congo (FCC).

Zoe Kabila kandi nk’uko iyi nkuru dukesha Digitalcongo.net ikomeza ivuga, yasuye ahari gukorerwa imirimo yo kubaka ikigo kizajya gihugura urubyiruko rwa Teritwari ya Manono, aho kizigisha uru rubyiruko imyuga itandukanye mu rwego rwo kugabanya ubushomeri no kurwigisha kwirwanaho.

Depite Zoe Kabila kandi yahamagariye abaturage ba Manono kubana mu mahoro n’abasangwabutaka, nyuma yo kumva ibibazo bitandukanye by’aba baturage ahagarariye mu nteko birimo ikibazo cyo kubura amazi meza n’amashanyarazi.

 

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *