Nyamasheke: Abitabira gahunda zo kuboneza urubyaro barikoma ababaca intege

Sangiza iyi nkuru

Ubuyubozi bw’akarere ka Nyamasheke n’ubwa Minisiteri y’ubuzima buvuga ko gahunda yo kuboneza urubyaro ikigenda biguru ntege muri aka karere,ngo bigaterwa ahanini n’impamvu nyinshi zirimo imyumvire ikiri hasi n’impuha kuri bamwe baca abandi intege bababwira ko uburyo hafi ya bwose bukoreshwa bugira ingaruka mbi ku babukoresha.

Ubwo mu murenge wa Gihombo muri aka karere hatangirizwaga icyumweru kijyanye na gahunda yo kuboneza urubyaro ku bufatanye na MINISANTE n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku baturage( UNFPA) bamwe mu bari muri iyi gahunda bavuze ko impamvu muri uyu murenge ndetse no mu karere kose umubare w’abayitabira ukiri hasi cyane biterwa na bamwe batarayumva neza, n’impuha nyinshi  zikururwa na bamwe muri bo bavuga ko igira ingaruka  mbi cyane kuruta ibyiza byayo.

Abaca intege  abandi bababwira ko  uburyo bwose bwo kuboneza urubyaro bugira izindi ngaruka bitewe n’ubwo ari bwo, zirimo kurwara umutwe udakira, imihango ya buri kanya, kuribwa umugongo,kugabanuka k’ububobere mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina bikaba byakurura amakimbirane hagati y’abashakanye,n’ibindi, abagabo bayitabiriye nab o bakavuga ko  basuzugurwa na bagenzi babo bavuga ko bahindutse ibiremba,batakiri abagabo bazima.

Nyamara abayiyobotse bahamiriza abandi ko nta ngorane itera,ndetse abagabo bagatinyura bagenzi babo,bababwira ko ibyo bibeshya atari byo,ko umugabo wifungishije burundu nta kibazo na kimwe agira kimubuza kuba umugabo nk’abandi.

Nzigema Uzziel utuye mu kagari ka Kibingo mu murenge wa Gihombo,avuga ko ajya kwiyemeza kwifungisha burundu yahuye n’urucantege rwinshi ariko ko aho abyiyemereje nta kibazo na kimwe afite.

Yagize ati’’ mfite imyaka 58 y’amavuko, umugore wanjye ntarengeje imyaka 35. Nafashe gahunda yo kwifungisha burundu dufitanye abana 4 ariko abantu bambwiraga ko  akiri muto azajya ansha inyuma akabyara hanze kuko ntazaba ngishobora kumushimisha,ariko mbabwije ukuri ko ntacyo nahindutseho,kandi abana banjye babayeho neza kuko bahuye n’ubushobozi mfite, ngasaba n’abandi bagabo kubitinyuka kuko  ari byiza.’’

Mukabera Cécile na we avuga ko yaboneje urubyaro afite abana 4,akaba nta ngorane  yahuye na zo, kandi n’abaganga yagiye yegera bagiye bamufashaga  bamwereka uburyo bwamufasha,ubu akaba abanye neza n’umugabo we n’abana afite abasha kubitaho uko abishaka,agasaba bagenzi be bakigendera ku mpuha kubireka, bakaboneza urubyaro kubera ibyiza byinshi abibona mo.

Mu kiganiro na Bwiza.com, Gitera Joseph ushinzwe ubuzima bw’umubyeyi n’umwana muri MINISANTE y avuze  ko  muri aka karere hakozwe icyumweru cyahariwe gahunda yo kuboneza urubyaro kuko kari mu turere tukiri hasi cyane bitewe n’iyi myumvire ikiri hasi ya bamwe mu baturage,agasanga inzego zose bireba zibishyize mo imbaraga hari icyakwiyongera ho.

Ati’’ umuryango waboneje urubyaro ugira imibereho myiza cyane,haba ku bana no ku babyeyi,bikanafasha mu iterambere ry’akarere n’igihugu muri rusange ni yo mpamvu na hano muri Nyamasheke twifuza ko iyi gahunda bayumva kuko abaganga babafasha barahari kandi muri iki cyumweru bizakorwa ku buntu,tukazakomeza kubikurikirana na nyuma kandi twizeye ko bizatanga umusaruro ushimishije.’’

Akarere ka Nyamasheke kari kuri 36% mu gihe ubushakashatsi bwakozwe hagati ya 2014 na 2015 bwerekanye ko mu gihugu hose  ari 53%,umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Mukamana Claudette akavuga ko intego bafite ari uko uyu mwaka warangira akarere kari kuri 54%.

Bamwe mu baturage baracyacibwa intege nibihuha bibangisha gahunda yo kuboneza urubyaro.
Bamwe mu baturage baracyacibwa intege n’ibihuha bibangisha gahunda yo kuboneza urubyaro
Gitera Joseph ushinzwe ubuzima bwumubyeyi numwana muri MINISANTE abwira abatuye umurenge wa Gihombo ibyiza biri mu kuboneza urubyaro.
Gitera Joseph ushinzwe ubuzima bw’umubyeyi n’umwana muri MINISANTE abwira abatuye umurenge wa Gihombo ibyiza biri mu kuboneza urubyaro

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *