Liberia: Umuhungu w’uwahoze ari perezida yasabiwe gutabwa muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Urukiko mu gihugu cya Liberia rwasohoye impapuro zo guta muri yombi umuhungu wa Ellen Johnson Sirleaf, wahoze ari perezida w’iki gihugu, ndetse n’abandi bantu bagera kuri 30 bahoze bakorera Banki Nkuru y’Igihugu bakekwaho uruhare mu irigiswa ry’akayabo ka miliyoni 104$ zaburiwe irengero zijyanwa kuri iyi banki nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu, itariki 28 Nzeri.

Uwahoze ari Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu muri Liberia, Milton Weeks ndetse na Charles Sirleaf, umuhungu wa Ellen Sirleaf, ni bamwe mu bagomba gutabwa muri yombi.

Milton Weeks we avuga ko ntaho ahuriye n’ibura ry’ayo mafaranga kandi ko yari arimo gufatanya n’abashinzwe iperereza nk’uko iyi nkuru dukesha Africanews ikomeza ivuga.

Urukiko ariko rwatangaje ko rufite amakuru y’uko abo bantu bavuzwe bari bafite gahunda yo kuva muri Liberia, rusaba ko babanza kugezwa imbere yarwo bagasubiza ibyo bashinjwa nubwo hatatangajwe byeruye ibyaha bakurikiranweho.

Mu kwezi gushize minisitiri w’ubutabera wa Liberia, Frank Musa Dean, yatangaje ko guverinoma yasabye ubufasha bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu iperereza ku irengero ry’ayo mafaranga ajya kungana na 5% by’umusaruro mbumbe w’igihugu.

Amadolari menshi ya Liberia (L$) yari amaze gukorerwa hanze yoherejwe muri iki gihugu atumijwe na Banki Nkuru yaje kuburirwa irengero amaze kunyura ku byambu by’igihugu mu Ugushyingo 2017 no muri Kanama muri uyu mwaka nk’uko byatangajwe kuwa Kabiri ushize na minisitiri w’itangazamakuru, Eugene Nagbe.

Amakuru y’ibura ry’ayo mafaranga mu nama ya cabinet yakiriwe bitandukanye muri iki gihugu bituma abanyapolitiki bamwe n’abantu batandukanye basaba ko hagaragazwa irengero ry’ayo mafaranga.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *