Itangazo ryashyizwe hanze n’ikipe ya FC Barcelona, rivuga ko rutahizamu wayo, Lionel Messi agiye kumara ibyumweru bitatu adakandagiza ikirenge cye mu kibuga, bityo akazarata imikino iyi kipe ifite mu minsiri iri imbere.
Messi yavunikiye ukuboko kw’Iburyo, mu mukino wahuje ikipe ya Barcelone na Séville, umukino wabaye ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukwakira 2018, ukarangira ari ibitego bya Barcelone 4-2 Séville.
Umutoza wa Fc Barcelona, Ernesto Valverde atangaza ko nyuma yaho Messi aviriye mu kibuga atarangije uyu mukino, ko ibyumweru bitatu arabimara adakina, kandi bafite imikino ikomeye.
Ikinyamakuru Goal gitangaza ko hakurikijwe ibyagenwe n’abaganga, Messi yakagombye gusubira mu kibuga ku wa 10 Ugushingo, akazabasha gukina umukino bazacakirana na Atletico Madrid ku wa 24 Ugushyingo 2018.
Mbere y’itariki ya 10 Ugushyingo, ubwo ibyumweru bitatu bizaba bitarashira, Messi azarata umukino Barca izakina na lnter Milan muri La Liga ku wa 24 Ukwakira no ku wa 6 Ugushyingo.
Azarata kandi umukino izakina na Real Madrid ku wa 28 Ukwakira n’undi izakina na Rayo Vallecano ku wa 3 Ugushyingo, undi mukino bicyekwa ko aribwo ashobora kuzaba yarangije iminsi ye, ni uwo Barca izakina na Bétis Séville, ku wa 11 Ugushyingo.



