Burundi: Ishyaka CNDD-FDD rirasabira Pierre Buyoya ibihano bikakaye

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi mu Burundi, rirasabira Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi imyaka myinshi ibihano bikakaye kubera kudeta yakoze bita ko zabangamiye Demokarasi. Ibi ni ibyatangajwe n’Umunyamabanga mukuru w’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi i Burundi, Gen. Evaritse Ndayishimiye, ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukwakira 2018, ubwo hibukwaga ku nshuro ya […]

Nigeria: 55 baguye mu mvururu z’amoko

Polisi yo muri Nigeriya iremeza ko abantu 55  bapfiriye mu mvururu zishingiye ku moko zabaye mu mpera z’iki cyumweru mu majyaruguru y’intara ya Kaduna mu gace ka Masuwan Magan. Umuyobozi wa Polisi mu Ntara ya Kaduna,   Ahmad Abdur-Rahman avuga ko imvururu zabaye kuwa Kane w’icyumweru gishize hagati y’amaoko atashatse gutangaza. Ati”  Buri wese wagize uruhare […]

Tuba dufite ubwoba- Umuvugizi wa Leta ya Uganda  avuga impamvu abayobozi batava ku butegetsi

Umuvugizi wa Leta ya Uganda, Ofonwo Opondo yatangaje ko abayobozi bo muri Leta ya Uganda batava ku myanya yabo kubera ubwoba. Uyu muyobozi yavuze ko abayobozi bagira ubwoba bwo gutakaza imyanya n’icyo itangazamakuru rivuga bituma banga kwegura nk’uko ikinyamakuru Chimpreports kibitangaza. Ibi Opondo yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu   ubwo yavugaga ku iyegura ry’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akanama […]

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

-Mukaze umutekano ku mupaka w’u Rwanda na Congo -Umudepite arimo gucura umugambi wo kwica Nkurunziza n’abamwungirije -Nyamitwe ati ‘umutekano ni wose 100%’ Mu gihe Leta y’u Burundi yari imaze iminsi itangariza abaturage bayo ko umutekano mu gihugu imbere umeze neza ku kigero cya 100%, ikigaragarira buri wese waba uzi gusesengura, ni uko iyi Leta ifite […]

Umugore wa Justin Bieber yibasiwe ku mbuga nkoranyambaga

Umugore wa Justin Bieber, Hailey Baldwin akomeje kwibasirwa ku mbuga nkoranyambaga  bamushinja ko yafashe izina rya Justin Bieber mu rwego rw’ubucuruzi aho kuba urukundo akunda umugabo we. Inshuti ya hafi y’uyu munyamideli yatangarije ikinyamakuru Hollywoodlife ko uyu mugore yavuze ko  kwitwa izina ry’umugabo we ari ibintu byo mu muco yateganyaga kuzakora niyo yashakana n’undi muntu […]

Gasabo: Abavandimwe 2 baba mu Bubiligi barashinja mubyara wabo kwigarurira ibyabo

Urukiko Rukuru rwa Kigali ruri kumva ubujurire bw’abavandimwe babiri baba mu Bubiligi bashinja mubyara wabo kwigarurira ubutaka bw’umuryango wabo. Abajuriye batsinzwe mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo mbere yo kujuririra Urukiko Rukuru, bavuga ko mubyara wabo yabeshye ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 akigira nk’aho ari we ukwiye gusigarana imitungo. Aya makimbirane ashingiye ku […]

Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Kabila ari gukina ikarita ye ya nyuma mu gihe abatavuga rumwe nawe byabananiye gushyira hamwe no kumvikana. Iyo witegereje neza politiki ya Congo mu bibazo irimo ubu, wakuramo ibi bikurikira: Uruhande rumwe ruyobowe na Perezida Kabila ufashe akaboko Shadari yatanzeho umukandida w’ ihuriro FCC, avuga ko ariwe abona wazamusimbura, mu gihe kuri urundi ruhande hari […]

Nigeze kumva ko ntazongera gukora imibonano mpuzabitsina- Kim Kardashian

Umunyamideri Kim Kardashian yatangaje ko yigeze gutekereza ko atazongera gukora imibonano mpuzabitsina kubera ingorane yagize ubwo yari atwite umwana we, Northwest. Uyu mugore mu kiganiro na Richardson Magazine nomero 20 yavuze ko yumvaga atazongera gutwita kubera uburyo ibiro bye byiyongeraga umunsi ku munsi. Yagize ati” Nari umuntu wiyongeragaho ibiro 27 ku kwezi (60 pounds). Numvaga […]

Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzumwa uko umubiri wazo uhagaze

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangiye gahunda ngarukamwaka yo gusuzuma uko umubiri uhagaze(imyitozo ngororamubiri) ku basirikare bose. Ku ikubitiro haherewe ku basirikare bari mu cyiciro cya ba ofisiye bato n’abakuru. Iyi gahunda izakomeza kugeza buri musirikare wese asuzumwe. Major Patrick Kayinamura, umuyobozi w’agateganyo wa siporo mu ngabo z’u Rwanda avuga ko abasirikare b’u Rwanda basabwa byibura gusuzumwa […]

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Mu gihe hashize iminsi hagaragara ibikorwa bigaragaza ko Perezida Museveni afitanye umubano udasanzwe n’umuhanzi Bebe Cool, kimwe mu biwuhatse cyagaragaye, aho bitangarijwe ko uyu muhanzi agiye gukorana indirimbo n’icyamamare, Kanye West. Ku wa 15 Ukwakira 2018, nibwo Kanye West hamwe n’umugore we, Kim Kardashian basesekanye i Kampala, bakirwa na Perezida Museveni n’umuyango we, bahava umukuru […]

A.U irashima amavugurura Perezida Kagame aherutse gukora muri guverinoma

Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 20 Ukwakira yashimye perezida Paul Kagame kubera kwita ku buringanire mu mavugurura yakoze muri guverinoma. Kuwa Kane ushize, itariki 18 Ukwakira nibwo habaye impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda abagore baba 50% bangana n’abagabo. Izi mpinduka zikaba zaraje zikurikira itorwa rya […]

Kigali: Perezida Kagame yitabiriye Car Free Day anyonga igare

Perezida Kagame yifatanyije n’imbaga y’abatuye Umujyi wa Kigali mu munsi wahariwe siporo ‘Car Free Day’, akaba yagaragaye anyonga igare rya siporo. Ni muri iki gitondo tariki ya 21 Ukwakira 2018, Perezida Kagame akaba yanyongaga igare, mu muhanda wagennwe n’Umujyi wa Kigali siporo yabereyemo, kuva Remera- Sitade Amahoro, Kimihurura- mu Mujyi wa Kigali. Uretse Perezida Kagame […]

Perezida Donald Trump na Kim Jong Un mu nzira zo kongera kubonana

Inama ya kabiri hagati ya Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe z’Amerika na Kim Jong Un wa Koreya ya ruguru ishobora kuzaba mu ntangiriro z’umwaka utaha. Ibyo byavuzwe n’umwe mu bayobozi bakuru ba Leta zunze ubumwe z’Amerika. Impande zombi zimaze igihe mu biganiro bigamije gutegura inama ya kabiri y’aba bakuru b’ibihugu nyuma y’iyo baheruka […]

Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare

Abagabo batanu baherutse kugaragara bata muri yombi umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ariko mu buryo bwa kinyamanswa kuri uyu wa Gatandatu bagejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare muri Uganda. Abo bagabo kuri ubu bari muri gereza ya gisirikare, kuwa kane ushize, itariki 18 Ukwakira, bafashwe amashusho bakubitisha ibibuno by’imbunda uwitwa Yusuf Kawooya, mbere yo kumwinjiza mu […]

Niki Abanyarwanda biteze ku maraso mashya muri Guverinoma ?

Gusubiza iki kibazo abatari bake mu banyarwanda bagira icyo bakivugaho, gusa iyo witegereje neza wakeka ko icyifuzo cy ’ umukuru w ’ igihugu n ’ abanyarwanda muri rusange tuba twiteze ko icyizere abayobozi bakuru baba bagiriwe batugeza ku byiza aribyo iterambere mu by’ ubukungu n’ imibereho myiza y’ abaturage, kugira umwanya mwiza mu ruhando mpuzamahanga […]

Messi aramara ibyumweru bitatu adakina, dore urutonde rw’imikino azarata

Itangazo ryashyizwe hanze n’ikipe ya FC Barcelona, rivuga ko rutahizamu wayo, Lionel Messi agiye kumara ibyumweru bitatu adakandagiza ikirenge cye mu kibuga, bityo akazarata imikino iyi kipe ifite mu minsiri iri imbere. Messi yavunikiye ukuboko kw’Iburyo, mu mukino wahuje ikipe ya Barcelone na SĂ©ville, umukino wabaye ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukwakira 2018, ukarangira […]

Rusizi: Ababyeyi barasabwa kurushaho kwita ku buzima bwabo n’ubw’abana

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Mibilizi n’ibigo nderabuzima bikorana na byo mu karere ka Rusizi burasaba ababyeyi babigana kurushaho kwita ku buzima bwabo n’ubw’abana babo bitabira ku gihe gahunda zose z’ubuzima. Ni bimwe mu byatangajwe muri gahunda y’icyumweru cyahariwe umubyeyi n’umwana cyo kuva ku wa 8 kugeza ku wa 12 Werurwe uyu mwaka, aho ababyeyi baganirijwe kuri […]