Umukinnyi wa Juventus, Cristiano Ronaldo avuga ko we n’umukinnyi wa Barcelona, Lionel Messi ari bo bakinnyi b’ibihangange bariho ku isi kandi ko bakwiriye kuba bari ku rwego bariho ubu.

Aganira na France Football Cristiano yagize ati” Ni bahe bakinnyi beza bigeze kubaho muri iyi myaka 10 ishize? Wababarira ku ntoki, ni abantu babiri. Ni Lionel Messi na njye. Dukwiriye kuba kuri uru rwego. Nziko ibi mu myaka nk’itandatu ibi bizaba birangiye.”
Ronaldo kandi yagize icyo avuga ku mahitamo ye yo kuva muri Real Madrid akerekeza muri Juventus. Ati” Ku myaka yanjye , nta mukinnyi wajya mu ikipe ikomeye kandi ngo agurwe £ 100,000, muziko abenshi bagiye bajya mu Bushinwa, Ubhinde no muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.”
[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]
Kuva Ronaldo yagera muri Juventus, iyi kipe imaze gutisnda imikino icumi yikurikiranya mu gihe Real Madrid yavuyemo nayo yayisigiye ibigwi n’ibirindiro.


