Umwe mu bantu ba hafi ba Gen. Kayihura yahunze igihugu

Sangiza iyi nkuru

Uyu mugabo wahoze ayobora polisi mu gace ka Kampala y’amajyepfo akaba umwe mu bapolisi bakoranye bya hafi na Gen. Kayihura, ACP Hajji Siraje Bakaleke yahunze igihugu cya Uganda.

Ni nyuma y’aho urukiko rushinzwe kurwanya ruswa rutanze impapuro zo ku muta muri yombi kugira ngo aryozwe ibyaha birimo gukoresha ububasha yari afite nabi no gushimuta.

Abantu ba hafi bavuga ko uyu mugabo yatorotse akoresheje umuhanda wa Kampala-Nairobi akabasha kwerekeza mu gihugu cyo ku mugabane w’i Burayi kitigeze gitangazwa amazina.

Uyu mugabo nk’uko Spyreports ibitangaza, ntiyabashije gukoresha ikibuga cy’indege cya Entebbe kuko yakekaga ko ibyangombwa by’inzira bye byafatirwa na Leta ya Uganda.

Uyu mugabo kandi ngo ntiyari kunyura Entebbe kuko Umuyobozi ushinzwe umutekano, ACP James Ruhweza yari yarahiye avuga ko azamuta muri yombi cyane ko ngo bari basanzwe ari agaca n’inkoko nk’uko inshuti ya hafi ya ACP  Bakaleke ikora muri Polisi ibitangaza.

Yagize iti”  Bakaleke yari amaze iminsi yihishe mu rugo rw’umuherwe mu Mujyi wa Kampala. Uyu yari yizeye ko bimwe mu bifi binini bikomoka muri Busoga baza kubuza urukiko gusaba ko yafatwa.”

Nyuma y’aho urukiko rushinzwe kurwanya ruswa rutanze impapuro zo guta  muri yombi Bakaleke, uwari umucumbikiye yamusabye ko yamuvira mu rugo kuko ngo yabonaga ibintu byageze iwandabaga.

Indi nshuti ya hafi ya Bakaleke ivuga uyu mugabo yasabye uyu mukire ko yamuha iminsi itatu kugira ngo ashake uko yakwirwanaho.

Iti” Bakaleke yamaze iminsi ine iwanjye mbere yo guhunga. Yaranyinginze ngo mutware mu modoka mugeze Busia maze afate imodoka imugeza Nairobi.”

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Bivugwako uyu mugabo yabashije kugera muri Kenya abifashijwemo na mwene wabo ukomoka mu bwoko bw’Abasoga.

Uyu mugabo atorotse igihugu  mu gihe Umuyobozi w’Ubushinjacyaha Bukuru muri Uganda, Alice Komuhangi mu minsi ishize yasabye urukiko rurwanya ruswa  ko rugomba gukora ibishoboka byose uyu mugabo agatabwa muri yombi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *