Ubutabera bwacu bukora mu bwisanzure buri wese akwiye kubimenya — Kagame

Sangiza iyi nkuru

Ubutabera bwacu bukora mu bwisanzure buri wese akwiye kubimenya ”, ibi ni ibyatangajwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na AFP I Paris mu Bufaransa aho yitabiriye Inama ya Mbere y’Ihuriro ry’I Paris ku Mahoro (Paris Peace Forum) yiga ku buryo bwo kubaka amahoro n’umutekano birambye ku Isi.

DrvhPYiWsAA4wzE

Perezida Kagame yasobanuraga ibijyanye n’urubanza rwa Diane Rwigara na nyina bakurikiranweho ibyaha byo gushishikariza rubanda kwigomeka ku butegetsi no gukoresha inyandiko mpimbano.

Avugana na AFP kuri iki kibazo perezida Paul Kagame yagize ati: “ Ubutabera bwacu bukora mu bwisanzure, buri wese akwiye kubimenya .”

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwasabiye Adeline Rwigara, nyina wa Diane igifungo cy’imyaka 22 kubera gushishikariza rubanda kwigomeka ku butegetsi no kuzana amacakubiri mu gihugu.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Perezida Kagame akaba yanakomoje kuri Michaelle Jean, uherutse gutsindwa na Louise Mushikiwabo mu matora y’Umunyamabanga Mukuru w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF). Uyu mudamu akaba aherutse kugaragaza impungenge afitiye imigendekere y’urubanza rwa ba Rwigara avuga ko rukwiye gukurikiranwa mu bwitonzi.

Perezida Kagame ati: “ Iki kibazo ntaho gihuriye na Francophonie ,”

DrvhO AXQAEtDO9
Perezida Kagame na bagenzi be mu nama y’Ihuriro ry’i Paris ku Mahoro

Kuba u Rwanda rwarabashije kwegukana ubuyobozi bwa OIF ntibyavuzweho rumwe na cyane ko uyu muryango mu nshingano zawo harimo kureberera demokarasi mu bihugu biwurimo ndetse u Rwanda rukaba rwarashinjwaga guca ikoresha ry’Igifaransa.

Perezida Kagame ariko yakomeje gushimangira ko Igifaransa ntaho cyagiye. Ati: “ Igifaransa ntikigeze kibura mu mashuri yo mu Rwanda kandi kizakomeza .”

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *