Kigali: Min. wâIntebe yatangije inama Mpuzamahanga ya Gatanu ku kuboneza urubyaro- AMAFOTO
Minisitiri wâIntebe Dr. Edouard Ngirente yatangije ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga ya Gatanu ku Kuboneza Urubyaro. Ni inama yatangirije i Kigali kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Ugushyingo 2018. Iyi nama yitabiriwe na MadamuJeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika ya Haiti, nâabandi bayobozi benshi nâintumwa baturutse mu bihugu 110. Mu ijambo rye, Minisitiri wâIntebe […]
Queen Cha yahishuye uburyo byamugoye kwakira ko ari umukobwa
Umuhanzikazi Mugemana Yvonne uzwi ku izina rya Queen Cha, atangaza ko mu bwana bwe yiyumvagamo ubuhungu kurusha uko yakwiyumva nkâumukobwa, byâumwihariko ngo bikaba byaramugore cyane kubyakira. Â Mu kiganiro The turnup kuri TV10, cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 12 Ugushyingo 2018, Â nibwo Queen Cha yatangaje uburyo yifuje kuba umuhungu ariko akaza kwiyakira, abonye […]
Ishyaka rya Ingabire Victoire riratabariza abahoze muri FDLR
Ishyaka ryâumunyapolitiki Ingabire Victoire,FDU-Inkingi riratabariza abahoze muri FDLR bashyize intwaro hasi none ngo bakaba bagiye kwicirwa nâinzara i Kisangani. Mu itangazo iri shyaka ryashyize hanze kuri uyu wa 8 Ugushyingo 2018 rivuga ko kuva kuwa 30 Â Ukwakira uyu mwaka aba bantu batazi icyitwa amazi nâamashanyarazi mu gihe ibyo kurya byahagaritswe kuwa 23 Nzeri 2018. Iri […]
Ubuzima bwa Perezida wa Gabon buri mu kaga
Perezida wa Gabon, Ali Bongo Ondimba wâimyaka 59 yâamavuko, arembeye muri Saudi Arabia aho arimo kuvurwa indwara itaramenyekana. Umuvugizi we, Ike Ngouoni avuga ko perezida arimo kuvurirwa muri iki gihugu ariko akanyomoza amakuru avugwa ko yaba arwaye umutima, mu gihe hari nâabandi bashimangiraga ko ari umunaniro. Yagize ati âarimo kugenda atora agatege, ntaho bigeze bavuga […]
Twababajwe cyane na kiriya gikorwa cya Diamond- Leta ya Tanzaniya
Ikigo cyâIgihugu Gishinzwe Ubugeni muri Tanzaniya (BASATA) gitangaza ko cyababajwe nâuburyo Diamond yifatanyije na Rayvanny mu ndirimbo bise âMwanzaâ kandi ivugwamo ibyo yise ibidakwiriye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa BASATA, Godfrey Mwingereza yatangarije ikinyamakuru Mwananchi  dukesha iyi nkuru kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2018, ko iyi ndirimbo ihagaritswe kuba yakoreshwa aho ari ho hose mu gihugu kuko […]
RDC: Martin Fayulu niwe ugiye guhagararira Opozosiyo mu matora ya Perezida
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku cyumweru tariki ya 11 Ugushyingo 2018, bemeje Martin Fayulu nk’umukandida-perezida bahuriyeho mu matora ya perezida ateganyijwe ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka. Igikorwa cyo kumugena nk’umukandida cyakurikiye ibiganiro byari bimaze iminsi bihuza abakuru barindwi b’amashyaka atavuga rumwe na leta ya […]
Ibintu 10 ushobora kuba utari uzi kuri Gen. Sultani Makenga
Gen. Makenga ni umugaba mukuru wâinyeshyamba za M23, ubu akaba ari mu buhunzi muri Uganda nyuma yaho izi nyeshyamba zitangarije ko zihagaritse imirwano mu mpera za 2013. Ibintu 10 wamumenyaho, ni: 1.Makenga yavutse kuri Noheli : Amazina yiswe nâababyeyi be ni Emmanuel Sultani Makenga, yavutse ku wa 25 Ukuboza 1973, i Rutshuru muri Kivu yâAmajyaruguru, […]
Itegeko ryo gukuramo inda ntirivugwaho rumwe mu Burasirazuba
Bamwe mu baturage bo mu Ntara yâUburasirazuba ntibavuga rumwe ku Itegeko ryo gukuramo inda ryakunze kutavugwaho rumwe nâubundi na benshi mu Rwanda. Kuva Itegeko ryemerera abagore gukuramo inda mu Rwanda ryemejwe, rigasohoka mu Itegeko ngenga ryo kuwa 02/05/2012 mu igazeti ya Leta kuwa 14 Kamena 2012, ryakuruye impaka nyinshi mu baturage na nâubu zigikomeza. Bamwe […]
Umutwe wa FPB uravuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohora u Burundi
Mu gihugu cyâu Burundi haravugwa umutwe witwa Forces Populaires du Burundi â Urunani rwâAbanyagihugu, uvuga ko witeguye gutangiza urugamba rwo kubohoza igihugu hakoreshejwe intambara. Ni nyuma yâaho uyu mutwe muri 2017 wari watangaje ko ugiye guhangana nâubutegetsi bwa CNDD-FDD kubera imiyoborere yayo. Mu kiganiro Bogora Uburundi cyatambutse kuri radio Intwari Ijwi rya FPB yâuyu mutwe […]
Muhanga: Ubuyobozi ntibutangaza abatwaye telefoni zâabo kwa Bonifasi Twagirimana
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wâUmurenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, Jean Claude Nshimiyimana ntiyerura ngo atangaze amazina yâabantu yari kumwe nâabo yemeza ko batwaye telefoni ngendanwa zâabo mu muryango wa Visi-Perezida wa Mbere wâIshyaka FDU-Inkingi, Bonifasi Twagirimana bivugwa ko yatorotse gereza. Mu kiganiro kuri telefoni na Bwiza.com mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere 12 Ugushyingo […]
Kivu yâAmajyepfo: FARDC iravuga ko yafashe inyeshyamba 63 zirimo iza FDLR
Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC kiravuga ko gikomeje ibikorwa byo guhiga imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwâiki gihugu, aho kivuga ko muri Bukavu na Maniema muri Kivu yâAmajyepfo cyataye muri yombi inyeshyamba zigera kuri 63 zirimo iza FDLR, Mai-Mai ndetse ngo nâabarwanyi bâAbarundi. Itangazo ryashyizwe ahagaragara nâigisirikare cya Congo mu mpera […]
Abarundi basoma inzoga cyane kurusha uko basoma ibitabo
Perezida wâihuriro ryâabanditsi mu Burundi, Joseph Butoyi atangaza ko umuco wo kudasoma ibitabo ikomeje kuremaza abarundi bityo nâabandika ibitabo bakaba bake. Atangaza ko aho âgusomaâ cyane ibitabo ahubwo basoma ikiyeri [Inzoga], ibi ngo bikaba biri mu bica intege abanditsi bâibitabo. Yagize ati âNtabwo bakunda gusoma[ibitabo] ahubwo bakanywa cyane inzogaâ. Akomeza avuga ko abanditsi bacika intege […]
Ubutabera bwacu bukora mu bwisanzure buri wese akwiye kubimenya â Kagame
â Ubutabera bwacu bukora mu bwisanzure buri wese akwiye kubimenya â, ibi ni ibyatangajwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame mu kiganiro yagiranye na AFP I Paris mu Bufaransa aho yitabiriye Inama ya Mbere yâIhuriro ryâI Paris ku Mahoro (Paris Peace Forum) yiga ku buryo bwo kubaka amahoro nâumutekano birambye ku Isi. Perezida Kagame yasobanuraga […]
Meddy yagereranyije ubwiza bwâAbanyarwandakazi nâubwâAbanyatanzaniya
Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi nka Meddy atangaza ko yatunguwe nâubwiza bwâabakobwa yabonye ku musenyi wâinyanja mu gihugu cya Tanzaniya nâubwiza bwâUmurwa Mukuru wa Tanzaniya, Dar Es âSalaam. Uyu muhanzi ari mu gihugu cya Tanzaniya bakunda kwita âBongo landâ mu rwego rwo gukorana indirimbo nâabahanzi batandukanye bakomeye bo muri iki gihugu. Mu kiganiro na Bongo […]
Nord-Kivu: Barindwi barimo umusirikare wa FARDC bishwe
Abantu barindwi barimo nâ umusirikare wa Leta ya Congo, bishwe ku wa Gatandatu tariki ya 10 Ugushyingo 2018, mu bice bitandukanye byo muri Beni, mu Ntara ya Kivu yâAmajyaruguru. Igitero cya mbere cyagwabwe ahagana saa tanu zâijoro zo ku wa Gatandatu, mu bilometero 300 uvuye kuri Hoteli Okapi Palce, i Boikene. Aha umugore umwe yarahiciwe […]
RDC: Abatavuga rumwe nâubutegetsi batoye umukandida utari witezwe
Abayobozi bâingenzi bâabatavuga rumwe nâubutegetasi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bahisemo Depite Martin Fayulu nkâumukandida wabo mu matora yâumukuru wâigihugu ateganyijwe mu mpera zâuyu mwaka kuwa 23 Ukuboza 2018. Ni icyemezo cyafashwe kuri iki Cyumweru, itariki 11 Ugushyingo nyuma yâiminsi yâimishyikirano I Geneve mu Busuwisi. Iki cyemezo kandi kikaba cyatunguranye kuko benshi bibwiraga ko […]
Uganda: Umudepite wo muri Kenya amaze kuba umwanzi wâigihugu kubera gushyigikira Bobi Wine
Guverinoma ya Uganda yabujije kwinjira mu gihugu umudepite wo mu gihugu cya Kenya ushyigikiye mugenzi we wo muri Uganda, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine. Uyu mudepite Babu Owino uhagarariye Embakasi yâUburasirazuba mu gihugu cya Kenya kuri ubu akaba afatwa nkâumwanzi wa guverinoma ya Uganda kubera Bobi Wine. Mu kwezi gushize, bwana Owino yatumiye Bobi […]
Kicukiro na Ngoma Polisi yafashe abantu bibaga moto zâabamotari bakazigurisha
Polisi yâu Rwanda ikorera mu karere ka Ngoma mu Ntara yâIburasizuba no mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali yafashe abasore 3 bamburaga moto abamotari bakajya kuzigurisha, izindi bakabanza kuzikuramo ibyuma bakabigurisha ukwabyo. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara yâIburasirazuba Chief Insepector of Police(CIP) Theobald Kanamugire yavuze ko ku mugoroba wo ku itariki 10 Ugushyingo […]