Abantu barindwi barimo n’ umusirikare wa Leta ya Congo, bishwe ku wa Gatandatu tariki ya 10 Ugushyingo 2018, mu bice bitandukanye byo muri Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Igitero cya mbere cyagwabwe ahagana saa tanu z’ijoro zo ku wa Gatandatu, mu bilometero 300 uvuye kuri Hoteli Okapi Palce, i Boikene. Aha umugore umwe yarahiciwe hakoreshwejwe umuhoro, abandi bantu batanu barimo abana babiri baburirwa irengero.
Imodoka yo mu bwoko bwa RAV4 yaratwitswe, inyeshyamba zisiga zinatwitse inzu ebyiri mbere y’uko zihungira mu mashyamba.
Ibirindiro by’ingabo za FARDC biri i Paida byatewe n’inyeshyamba za Maà¯-Maà¯, umwe arahicirwa.
Umuvugizi w’ingabo za Congo muri aka gace, Capt. Mak Hazukay yagize ati” muri ako kanya ubwo imitwe yombi yafataga icyerekezo kigana i Boikene gutanga ubufasha, inyeshyamba za Maà¯-Ma௠zasanzwe i Paida, nibwo zishe umwe mu basirikare bacu undi arakomereka”.
IKinyamakuru Actualite Cd, dukesha iyi nkuru gikomeza gitangaza ko ingabo za Leta zakomeje imirwano zihanganye n’inyeshyamba za ADF zikomeje kuzonga kano gace.
Muri iyi mirwano kandi yahuje ADF na FARDC, yabayeho nyuma y’uko izi nyeshyamba zari zimaze kwica abasivile batanu barimo umugore umwe. Imirwano ikaba yarabereye i Mayimoya, Teritwari ya Beni.
Umuyobozi wa sosiyeti sivile i Mayimoya, Patrick Musubao yagize ati “ahagana saa yine n’igice z’ijoro twumvise urusaku rw’amasasu twahise dutabaza vuba ingabo, ku bw’ibyago twasanze iri inyeshyamba zari zije kwica abantu batanu barimo umugore umwe n’abagabo bane,…”.
Yakomeje avuga ko abapfuye bajyanywe ku bitaro biherereye muri aka gace, abandi batwarwa n’imiryango yabo yari hafi, mu gihe ngo hari n’abandi bantu batanu izi nyeshyamba zashimuse.


