Twababajwe cyane na kiriya gikorwa cya Diamond- Leta ya Tanzaniya

Sangiza iyi nkuru

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe  Ubugeni muri Tanzaniya (BASATA) gitangaza ko cyababajwe n’uburyo Diamond yifatanyije na Rayvanny mu ndirimbo bise ‘Mwanza’ kandi ivugwamo ibyo yise ibidakwiriye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa BASATA, Godfrey Mwingereza yatangarije ikinyamakuru Mwananchi  dukesha iyi nkuru kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2018, ko iyi ndirimbo ihagaritswe kuba yakoreshwa  aho ari ho hose mu gihugu kuko ngo irimo ibintu bitemewe muri sosiyete (society).

Ati” “Tubabajwe cyane n’umuhanzi ukomeye nka Diamond kubona agaragara mu ndirimbo  nk’iriya itagira indangagaciro. Ni umuhanzi ukunzwe ubonwa nk’indorerwamo ku bantu benshi.”

44409692 191196001806278 7697783196045426659 n
Diamond ari kumwe na Rayvanny mu ndirimbo ‘Mwanza’

Uyu muyobozi avuga ko iyi ndirimbo irimo amagambo ashyigikiye ubusambanyi bunyuranye n’uko umuntu aremwe kandi ko harimo n’ibitutsi.

“ Nababajwe n’amagambo akubiye muri iriya ndirimbo. Ese baririmba batazi ko abavandimwe babo bazazumva? Aha ndavuga ko biriya ubivugiye ku karubanda ari nko kubivugira imbere ya mama wawe cyangwa  abana bawe.”

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Uyu muyobozi yongeyeho ko ku bufatanye n’izindi nzego  kugira ngo bahangane n’ikwirakwizwa ry’iyi ndirimbo kuko ngo yamaze kugera henshi ku mbuga nkoranyambaga.

44370820 366120854132566 9023216212936016493 n
Diamond mu ndirimbo ya Rayvanny

Mwingereza yaburiye Diamond Platnumz ko iyi ndirimbo nikoreshwa  mu gitaramo giteganyijwe kuwa 24 Ugushyingo uyu mwaka bizamugwa nabi.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *