Ubuzima bwa Perezida wa Gabon buri mu kaga

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Gabon, Ali Bongo Ondimba w’imyaka 59 y’amavuko, arembeye muri Saudi Arabia aho arimo kuvurwa indwara itaramenyekana.

Umuvugizi we, Ike Ngouoni avuga ko perezida arimo kuvurirwa muri iki gihugu ariko akanyomoza amakuru avugwa ko yaba arwaye umutima, mu gihe hari n’abandi bashimangiraga ko ari umunaniro.

Yagize ati “arimo kugenda atora agatege, ntaho bigeze bavuga ko ari AVC [ikibazo ku bwonko] ariko perezida ava amaraso niyo mpamvu agomba kwitabwaho n’abaganga”.

Ali Bongo yasimbuye ku butegetsi se, Omar Bongo mu 2009, yayoboye iki gihugu cyo mu burengero bwa Afurika imyaka irenga 40.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, mu gihe Perezida Bongo yavurirwaga mu murwa mukuru w’iki gihugu cya Arabia Saudite, wa Riyadh, nibwo umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta Jean Ping, yatangaje ko ari we yatsinze amatora.

Mu cyumweru gishize ikinyamakuru cyo muri Gabon cyahagaritswe amezi atatu nyuma yo gutangaza ko igihugu nta we gifite ukiyobora ndetse ko Minisitiri w’Intebe akwiye kwemezwa nka Perezida w’Inzibacyuho.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *