Mu gace gaherereye mu misozi miremire muri komini ya Vugizo hafi y’ikiyaga cya Nyanza ho mu Burundi, kuva ku wa gatandatu tariki ya 25 Nyakanga humvikanye urusaku rw’amasasu, bikaba bitangazwa ko ari imirwano yabaye hagati y’abasirikare n’igipolisi bya Leta byari bihanganye n’umutwe w’inyeshyamba utazwi.
Amakuru ava mu baturage baherereye muri kano gace imirwano yabereyemo batangarije itangazamakuru ko hari umutwe w’abarwanyi bashakaga gushinga ibirindiro ahitwa Rukambasi bityo bafungirwa amayira n’igisirikare cya Leta gifite ibirindiro ahitwa Mukungu.

Polisi y’igihugu mu gace ka Makamba yo siko itangaza aya makuru, ivuga ko ubwo abapolisi bari bari ku irondo (patrouille) baguye ahantu habitse intwaro za gisirikare ndetse zinarinzwe n’abarwanyi bafite intwaro zisa nk’iziremereye.
Polisi yakomeje itangaza ko nyuma y’ako kanya ari bwo imirwano yahise itangira ariko ngo ikaba yaramaze iminota mike, umusirikare umwe mu nyeshyamba afatwa mpiri ndetse n’imbunda zisaga 20 (fusils mitrailleurs) zirafatwa hamwe n’amasasu yazo.
Kuva muri uwo mugoroba wo kuwa gatandatu ngo urusaku rw’amasasu rwakomeje kumvikana muri ako gace kugeza mu ijoro ryo ku cyumweru, abasirikare ba Leta bo mu gace ka Rumonge na Makamba bakaba baragiye gutanga ubufasha i Rukambasi aho iyo mirwano yaberaga.
Amakuru atangazwa n’abandi bantu batari polisi avuga ko izi nyeshyamba zikambitse aho i Makambasi zikaba zaraturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Mu gihe hataramenyekana izo nyeshyamba, hari hashize iminsi bamwe mu basirikare bitandukanyine na Leta iriho mu Burundi batangaje ko baryamiye amajanja ko isaha ku isaha biteguye kugaba ibitero mu Burundi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse@Bwiza.com


