Misiri: Abagore bakorewe ikinini kizajya kibongerera ubushake bwo gutera akabariro

Sangiza iyi nkuru

Igihugu cya Misiri cyemeje igurishwa rya Viagra y’abagore mu rwego rwo kugabanya gusenyuka kw’ingo gukomeje kuba hejuru muri iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryaho.

Minisitiri w’ubuzima wa Misiri akaba yatanze uburenganzira bwo gukoresha iki kinini nyuma y’ubushakashatsi bwagaragaje impamvu nyamukuru yo gutandukana kw’abashakanye mu Misiri ahanini bitewe no kutishimirana hagati yabo.

Uyu muti ufatwa nka Viagra y’abagore witwa flibanserin ukora ku bwonko mu kongera ubushake bwo gutera akabariro.

Iki kinini gitukura cyatangiye gukoreshwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2015 mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cyo guta ubushake bwo gutera akabariro ku bagore. Bivugwa ko gikora cyane kikongera ubushake bwo gutera akabariro ndetse no kunyurwa nayo.

Ku rundi ruhande ariko uwakoresheje iki kinini hari igihe yumva isereri ndetse n’iseseme.

Umuhanga mu bijyanye n’indwara z’abagore y’Umunyamisiri akaba yarabwiye ikinyamakuru al-Masry al-Youm ko iki kinini cyagiriye akamaro umubare muto w’abagore mu gihe abandi bavuga abagore benshi bo mu Misiri batagera ku ndunduro mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina kubera ko baba barakebwe imyanya ituma bishimira iki gikorwa.

Bikaba bivugwa ko mu gihugu nka Misiri usanga 87.2 by’abagore bari hagati y’imyaka 15 na 49 mu baturage miliyoni 95 usanga barakebwe ndetse iki gihugu akaba ari cyo cya mbere ku Isi abagore n’abakobwa bakorerwa icyebwa cyangwa gusiramurwa kurusha ahandi hose ku isi.

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *