Byibuze impinja 100,000 buri mwaka zipfa ziguye mu ntambara n’ingaruka zazo, uhereye ku nzara no kudahabwa ubufasha nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu n’Umuryango Mpuzamahanga wo gutabara abana, Save the Children.
Mu bihugu 10 byahuye cyane n’amakimbirane, biravugwa ko kuva mu 2013 kugeza mu 2017 hapfuye impinja zigera 550,000.
Bicwa n’intambara n’ingaruka zazo zirimo inzara, kwangizwa kw’ibitaro n’ibikorwaremezo, kutabasha kubona serivisi z’ubuzima n’isuku ndetse no kudatabarwa.
Bikavugwa ko abana usanga bugarizwa no kwicwa, kumugazwa, kwinjizwa mu mitwe yitwara gisirikare, gushimutwa cyangwa gukorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Hafi umwana umwe muri batanu baba mu bice byakozweho n’amakimbirane nk’uko byemezwa na Helle Thorning-Schimidt, CEO wa Save the Children.
Yavuze ko umubare w’abana bicwa cyangwa bagirwa ibimuga wazamutse ukikuba inshuro 3 zisaga, mu gihe ngo hakomeje no kugaragara kwiyongera kw’ikoreshwa ry’imfashanyo nk’intwaro y’intambara. Ibi umuyobozi wa Save the Children yabitangarije mu Nama y’Umutekano ya Munich ubwo yamurikaga raporo.
Ibihugu byugarijwe n’amakimbirane yibasira abana kurusha ibindi ku Isi ni Afghanistan, Centrafrica, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Irak, Mali, Nigeria, Somalia, Sudani y’Epfo, Syria na yemen.


