RDC: Leta yaciye inyama z’ingurube zituruka mu bihugu bimwe by'iburayi

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubucuruzi bwo mu mahanga, Jean Lucien Busa yahagaritse ubucuruzi bw’inyama zituruka mu bihugu bigize Ubumwe bw’Uburayi (EU) nk’Ubuholandi kuko ngo “zanduye”.

Ku munsi w’ejo, ku wa 19 Gashyantare, uyu munyamabanga wa leta yatangaje impamvu ahagaritse izi nyama.

“Nkurikije ibaruwa EU yasohoye ku wa 22 Mutarama, itanga impuruza kuri bimwe mu bicuruzwa by’ibiryo ndetse n’ibiryo muri rusange, nciye izi nyama muri iki gihugu. Niba hari n’izikiri mu bubiko, ntizongere gucuruzwa cyangwa ngo ziribwe. Mfashe uyu mwanzuro kugira ngo ndinde ubuzima bw’abaturage.” Bwana Busa.

Uyu muyobozi kandi hari ubutumwa yageneye abaturage muri rusange, abacuruzi ndetse n’abakozi bo ku mipaka.

“Ndasaba abaturage gushishoza bakareba aho inyama z’ingurube bagura zaturutse, ntibagure izaturutse mu bihugu bigize umuryango wa EU cyane cyane Ubuholandi. Ndasaba kandi abakora ku mipaka kutemera ko izi nyama zinjira muri iki gihugu.” Busa.

Radio Okapi iravuga ko iri tangazo ryakurikiye iryatangajwe ku wa 30 Ukuboza, 2016. Iki gihe Minisitiri w’ubucuruzi bwo mu mahanga yahagaritse inyama z’ingurube ziva mu Bubiligi. Ubu butumwa bwari bushingiye ku mpuruza uyu muryango w’i Burayi watanze, uvuga ko inyama zoherejwe mu bihugu bya Afurika yo hagati, ziturutse mu Bubiligi zanduye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *