Umuyobozi w’inyeshyamba za Raia Mutomboki, Masudi Alimasi Kokodiko, zishinjwa gufata abagore n’abakobwa ku ngufu yafashwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Nk’uko byemezwa n’umuvugizi w’igisirikare cya Congo, Capt. Dieudonne Kasereka, avuga ko Masudi Alimasi Kokodiko, yayoboraga inyeshyamba za Raia Mutomboki, yafatiwe ahitwa i Shabunda mu Ntara ya Kivu y’amajyepfo ku wa kabiri w’iki cyumweru, ubwo yari amaze gukomerekera mu mirwano.
Radio Okapi itangaza ko umutwe wa Raia Mutomboki washinzwe mu 2005. Raporo yasohowe n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye umwaka ushize igaragaza ko abarwanyi bayobowe na Kokodiko bafashe ku ngufu abagore n’abakobwa bagera kuri 17 mu Mujyi wa Lubila mu kwezi kwa cyenda umwaka ushize.
Ubushakashatsi bwagizwemo uruhare n’Umuryango w’Abibumbye bwagaragaje mu 2012 ko umutwe wa Raia Mutomboki ufatanyije n’izindi nyeshyamba bishe abasiviri 260 mu mirwano y’amoko yabaye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.


