USA: Minisitiri w’umutekano yeguye ku mirimo ye

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa leta ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kirstjen Nielsen yeguye ku mirimo ye nyuma y’umwaka n’amezi ane yari amaze kuri uyu mwanya.

Mu butumwa yanyujije kuri twitter kuri iki Cyumweru, Perezida Donald Trump yatangaje ko Nielsen yavuye ku mirimo ye, amushimira ibyo yabashije gukora.

Nubwo atatangaje icyatumye yitandukanya na leta ye, Perezida Trump ngo yigeze gutangaza ko ahangayikishijwe n’ibibera ku mupaka wa Amerika na Mexique nk’uko iyi nkuru dukesha Ijwi rya Amerika ivuga.

180511092205 01 nielsen trump file exlarge 169

Ababikurikiranira hafi bakaba bakeka ko Nielsen nta byemezo bikwiye yafashe ngo ahagarike abimukira bagerageza kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Hagati aho, Perezida Trump yatangaje ko uyoboye ikigo gishinzwe kugenzura abinjira n’abasohoka no kurinda imipaka, Kevin McAleenan, ari we ugiye kuba ari minisitiri w’umutekano w’agateganyo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *