Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine atangaza ko we na bagenzi be bafite uburyo bufatika bwo gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Museveni Yoweri.
Bobi Wine mu itangazo yashyize hanze yatangaje ko kuri ubu Museveni ari gushaka uko yamubuza kuzahatana mu matora y’umukuru w’igihugu mu 2021 ariko ko ibi ntacyo bivuze.
Ati “ Tuzi neza ko Museveni n’ubutegetsi bwe bari gushaka uko bahindura amategeko kugira ngo batubuze kuzitabira amatora ateganyijwe.
Mu byo avuga nk’inzira yo kwigizayo Museveni, Kyagulanyi avuga ko ari ugukoresha amatora anyuze mu mucyo.
Ati “ Museveni aramutse avuyeho uyu munsi, icyakurikiraho ni amatora mu mezi atandatu nk’uko ingingo ya 109(2) y’itegeko nshinga ibivuga.”
Bobi Wine muri iri tangazo rirerire yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, avuga ko Dr Kiiza Besigye yatsinze amatora inshuro ebyiri ariko ko rubanda rutigeze rukangurirwa kurinda iyi nsinzi uko bikwiriye.
Uyu munyapolitiki ashyize hanze iri tangazo nyuma yo gutangaza ko yamaze kwifatanya na Gen Mugisha Muntu, Norbert Mao kandi ko na Besigye ari mu nzira.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Kuri ubu Museveni ni umwe mu bantu bamaze gutangwa n’ishyaka babamo nk’uzarihagararira mu matora ya perezida ateganijjwe mu myaka ibiri iri imbere.
Â
Â
Â
Â


