Kiliziya ya Notre Dame de Paris yahiye, Macron asubika gahunda ye

Sangiza iyi nkuru

Kiliziya ya Notre Dame de Paris iherereye mu mugi wa Paris mu Bufaransa ifashwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba w’uyu wa 15 Mata, ituma Perezida Emmanuel Macron asubika imbwirwaruhame ye.

Inzego z’umutekano muri uyu mugi zivuga ko iyi nkongi yaje ari impanuka(nta muntu uri inyuma yayo) ahubwo ishobora kuba yatewe n’ibikorwa byo gusana iyi kiliziya.

Iyi nkongi kandi yahagaritse imbwirwaruhame Perezida Macron yari kugeza ku baturage kuri uyu mugoroba. Yahise anafata urugendo yerekeza aho iyi nkongi yaberaga.

Imyotsi yayo yerekezaga kuri imwe mu nyubako ndende ya Eiffel(Tour Eiffel).
Perezida wa Amerika, Donald Trump yahise yandika ku rubuga rwe rwa Twitter avuga kuri iyi mpanuka:

“Birababaje kubona Notre Dame ishya. Birashoboka ko hifashishijwe imodoka zizimya bwangu bahashya umuriro.”

Umuyobozi w’umugi wa Londre, Sadik Khan na we yihanganishije Abafaransa ati : ” Twifatanyije namwe mu kababaro.”

Mu butumwa Macron we yatanze, yagize ati: ” Ubu abakirisitu gatulika barababaye cyane ndetse n’Abafaransa, kimwe n’inshuti. Mbabajwe no kubona kimwe mu bice bitugize gihiye.”

Ubwo abashinzwe kurwanya iyi nkongi basaga n’abayihasha, ni bwo uyu mukuru w’Igihugu yahasesekaye.

Telegraph iravuga ko inkongi yatangiye nyuma y’aho inyubako yafungiwe kubera ko gahunda z’umunsi zakorerwagamo zari zirangiye ariko ntiharamenyekana niba hari ibihangano by’agaciro byabashije kurokorwa. Iyi nyubako ibitsemo bumwe mu butunzi bw’abantu bakomeye nka Louis XVI na Papa Yohana Paulo II.

Kugeza ubu hari amakuru avuga ko hari amahirwe yo kuba nta muntu waguye cyangwa ngo akomerekere muri iyi mpanuka.

Aya ni amafoto y’inkongi:

IMG 20190415 214359 IMG 20190415 202225 1 IMG 20190415 214418 IMG 20190415 214629 IMG 20190415 202234 IMG 20190415 214448

Notre Dame de Paris yubatswe mu 1163. Ni imwe mu nzu zisurwa cyane mu Bufaransa kuko yakira abakerarugendo 30,000 ku mpuzandengo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *