Umutwe wa Kiyisilamu (ISIS) warekuye abantu 22 wari warafashe bugwate kuwa Gatanu w’icyumweru gishize mu Mujyi witwa wa Samboko-Tchani Tchani.
Umwe mu bayobozi bo mu gace ka Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Donat Kibwana yatangarije RFI Ishami ry’Igiswahili ko ISIS yarekuye aba baturage barimo 16 b’abagabo, bagabo batanu n’umwana muto w’umukobwa.
Hari andi makuru avuga ko hari abandi bantu batandatu bo mu muryango umwe basigaye mu maboko ya ISIS.
Kibwana avuga ko abari bashimuse aba baturage badasa n’abantu batuye mu gace ka Afurika y’Iburasirazuba gusa ngo bavuga neza Ururimi rw’Igiswahili.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Amakuru agaragara ku rubuga rwa ISIS yemeza iby’iri fatwa bugwate ry’aba baturage ndetse akavuga ko yagabye igitero ku nkambi ya gisirikare.
Mu mezi make ashize, ISIS yatangaje ko yatangiye ibikorwa byayo muri Congo-Kinshasa. Byagaragaye ko yifatanyije n’inyeshyambaza za ADF zkomoka muri Uganda. Kuri ubu yatangiye kugaba ibitero ku ngabo za Leta mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kandi ntihwema kwigamba guhitana abasirikare ba Leta y’iki gihugu.


