Minisiteri y’ubuzima mu Ntara ya Kinshasa, mu Murwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iranyomoza amakuru yari yatangiye guhwihwiswa ko muri uyu mujyi hageze icyorezo cya Ebola gikomeje kubica bigacika mu burasirazuba bw’iki gihugu.
Minisitiri Bernadette Mpanzu yabihakanye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Nyakanga nk’uko tubikesha Radio Okapi.
Uyu yahamagariye abatuye Kinshasa kutita kuri izo mpuha bakitabira imirimo yabo nta mpungenge nk’uko bisanzwe.
Madamu Mpanzu yabijeje ko hari uburyo bwo kugenzura iyi ndwara kandi buhoraho ku mbibi zose z’Umujyi wa Kinshasa ku mpamvu z’umutekano wabo.
Ibi bije nyuma y’aho hari impuha zari zatangiye gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zavugaga ko hari umuntu wanduye Ebola waba warakiriwe mu Bitaro bya Kinshasa.


