Guverinoma nshya ya Congo ishobora gutangazwa muri iki Cyumweru gitaha izaba igizwe n’abaminisitiri 65, barimo 42 b’ihuriro FCC rya Joseph Kabila na 23 bazaturuka mu ihuriro CACH rya Perezida Tshisekedi, nk’uko byemejwe n’umwe mu bari mu biganiro bya nyuma byari bigamije kumvikana ku ishyirwaho ry’iyi guverinoma.
Muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, amahuriro abiri y’imitwe ya politiki ishyigikiye Perezida Félix Tshisekedi ku ruhande rumwe n’uwo yasimbuye Joseph Kabila ku rundi ruhande niyo yatangaje ko yageze ku masezerano yo gushyiraho guverinoma nshya kuri uyu wa gatanu ushize, itariki 26 Nyakanga.
Ni nyuma yo kumara amezi atandatu mu mishyikirano kuri iki kibazo. Biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nyakanga ari bwo hazatangazwa byinshi ku ishyirwaho ry’iyi guverinoma.
Amashyaka yo ku ruhande rwa Kabili yibumbiye mu mutwe witwa Front commun pour le Congo, FCC. Umwe mu bari bayahagarariye mu mishyikirano, Me Jean-Baudouin Mayo, yatangarije ikigo ntaramakuru AFP cyo mu Bufaransa ko guverinoma nshya izaba igizwe n’abantu 65.
42 bazava muri FCC. Abandi 23 ni abo muri CACH, Cap pour le Changement, yo ku ruhande rwa Tshisekedi. Yasobanuye ko bagabanye gutyo bakurikije uko bahagarariwe mu nteko ishinga amategeko. FCC ya Kabila ni yo ifitemo ubwiganze busesuye.
Muri minisiteri zikomeye, FCC izafatamo iz’ingabo z’igihugu, imali ya leta, ubucamanza, n’ishinzwe ibigo bya leta bigenzura amabuye y’agaciro. Naho CACH izafatamo minisiteri z’ubutegetsi bw’igihugu, ububanyi n’amahanga, n’ubukungu.
Kuva Perezida Tshisekedi yimitswe ku italiki ya 24 y’ukwa mbere k’uyu mwaka, no gushyiraho minisitiri w’intebe, Sylvestre Ilunkamba, ku italiki ya 20 y’ukwa gatanu gushize, Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ntirabona guverinoma nshya.


