Ishyirahamwe Amnesty International rivuga ko ritewe impungenge n’umugambi w’ibihugu bya Tanzania n’u Burundi rivuga ko bigiye gutahukana ku nguvu impunzi z’abarundi ziri muri Tanzania.
Mu itangazo ryashyize ahagaragara kuwa 6 Nzeri uyu mwaka, rivuga ko ryabonye inyandiko rw’ibanga u rwerekana ko ba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Tanzania n’u Burundi bumvikanye ko gucura impunzi ku ngufu mu cyumweru cya kabiri cya Nzeri ndetse ngo kikazarangira kuwa 31 Ukuboza 2019.
Seif Magango, wungirije Umuyobozi wa Amnesty International ushinzwe akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, ibiyaga bigari n’ihembe rya Afrika yavuze ko ibyakozwe n’ibi bihugu bibiri bibabaje nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza.
Ati “Birababaje cyane kubona leta ya Tanzania ishaka kohereza abantu batabishaka, ahantu ONU ivuga ko hari uguceceka ibiikorwa bihohotera uburenganzira bwa muntu.”
Muri iri tangazo, Amnesty International rivuga ko aba ba bayobozi bashaka kurenag ku byo babwiwe na HCR kuba baretse gucura impunzi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Burundi, Pascal Barandagiye, ashinja HCR ko idashaka ko impunzi z’Abarundi zitahuka mu nyungu zayo.
Bimwe mu biri muri uru rwandiko biragira biti ” N’iyo HCR yakwerekana ko izakomeza gutanga ubufasha cyangwa se kudindiza uyu mugambi, ibihugu byombi bizakomeza uyu mugambi kugeza igihe Abarundi bose basubiye iwabo.”
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Amnesty International isaba ibihugu byombi guahgarika umugambi wo gucura impunzi.
Kuri ubu, HCR iravuga ko impunzi z’Abarundi zatangiye kugera muri Uganda ku bwinshi nk’uko The Eastafrican ibitangaza.


