Ingabo za Amerika zavanwe muri Syria zigiye koherezwa muri Irak

Sangiza iyi nkuru

 

Abasirikare ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavanwe mu nkambi nini bari bakambitsemo mu gihugu cya Syria kuri iki Cyumweru, aho bivugwa ko bazoherezwa muri Irak gukomeza urugamba rwo kurwanya iterabwoba.

Minisitiri w’ingabo wa Amerika, Mark Esper yavuze ko ingabo zose za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizahita zoherezwa mu burengerazuba bwa Irak gukomeza kurwanya umutwe w’iterabwoba wa Leta ya Kisilamu.

Mark Esper kandi nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga, yavuze ko abasirikare 700 batagitashye muri Amerika vuba nk’uko Perezida Trump yari yabitangaje.

Uyu muyobozi ariko ntiyavuze niba abo basirikare ba Amerika bazakomeza kurwanya iterabwoba muri Syria baturuka muri Irak.

Ni mu gihe avuga ko iki gishobora kuzaganirwaho mu nama ya OTAN iteganyijwe mu minsi iri imbere.

Icyemezo cya Perezida Donald Trump cyo kuvana ingabo muri Syria kikaba cyaratumye yotswa igitutu gikomeye cyane n’amshyaka abiri akomeye, ndetse iki akaba ari kimwe mu byemezo bishobora gutuma yeguzwa kiyongera ku bindi agenda afata ntibivugweho rumwe.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *