Gen. Sabiiti Muzeyi aravugwa mu mugambi wo kwica minisitiri

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi wa Polisi wungirije muri Uganda, Maj. Gen. Sabiiti Muzeyi arashyirwa mu mu majwi mu mugambi wo gufasha abashaka kwica Minisitiri Ushinzwe Ikoranabuhanga n’Itumanaho muri Leta ya Uganda, Nantaba Idah Eriosi.

Gen. Sabiiti avugwa muri uyu mugambi wo guhitana Nantaba nk’uko uyu mu minisitiri abigarukaho muri imeli (email) yoherereje The Observer kuwa Mbere w’iki cyumweru avuga ko uyu mujenerali ari mu bakomeje kugaragara mu bikorwa bibangamira umutekano we.

Nantaba avuga ko byatangiye abasirikare benshi bagera iwe aho atuye Busega, ngo umuturanyi we yababajije igituma baza kureba Minisitiri bitwaje imbunda nyinshi, bamubwira ko Nantaba nareba nabi azicwa nka AIGP Felix Andrew Kaweesi.

Yavuze ko aba basirikare bo mu itsinda ry’abarinda perezida n’abandi bayobozi (SFC) bari kumwe n’uwitwa Charity na Akampulira avuga batahwemye kwigabiza urugo rwe mu bihe bitandukanye.

Nantaba avuga ko abasirikare ba SFC bakubise umurinzi we witwa Tugume bamujyana ahatazwi, bamushinja ko hari abaturage yahohoteye mu gasanteri kitwa Kirindi. Nyuma ngo yaje kubwira Perezida Museveni uko umurinzi we yakubiswe bikomeye, ingingo yatumye Maj. Gen. Sabiiti Muzeyi, wungirije uyobora polisi ya Uganda ahamagazwa kugira ngo avuge aho Tugume aherereye.

Gen. Sabiiti yemeje ko koko Tugume yahohoteye abaturage ariko Charity na Akampulira batumijweho na Perezida Museveni barahakana bavuga ko ari ibyaha by’ibihimabano.

Iyi nkuru ikomeza ivuga ko Charity na Akampulira bemereye imbere ya Museveni ko bari bafite umugambi wo guhimbira ibyaha umurinzi wa Minisitiri Nantaba kugira ngo asimbuzwe abandi.
Museveni ngo yahise ategeka Gen. Sabiiti kugarura Tugume agakomeza kurinda Nantaba kuko ngo ari we wari uzi aho yamushyize.

Ibi ngo ni ko byaje kugenda, Nantaba avuga ko nyuma y’aho haje abasirikare benshi bayobowe n’uwitwa Akandiho babwira minisitiri ko bagiye kumuhindurira uburinzi mu gihe Perezida Museveni yari yategetse ko bagarura Tugume akarinda Nantaba.

Ibi uyu muminisitiri ntiyabyihanganiye kuko avuga ko yahise abimenyesha Perezida Museveni, amubwira ko atari we wohereje uyu a Akandiho muri icyo gikorwa.
Avuga ko gushaka kumuhindurira uburinzi ari ukugira ngo bazabone uko bamwica.

Nantaba yemeza ko hari n’undi mujenerali atavuga izina uri mu bamurwanya binyuze ku mugabo witwa Moses Karangwa, ashinja gutwara ubutaka bw’abaturage.

Nantaba avuga ko hari abajenerali bashyigikiye Karangwa kandi ko mu 2015 bagerageje kumwica bikananirana ariko bikarangira bamusutseho aside (acide) akajya kuvurirwa muri Kenya mu mezi abiri.

Minisitiri Nantaba avuga ko umumotari witwa Ssebulime yishwe mu rwego rwo gusibanganya ibimenyetso aho kumwibeshyaho nk’uko byari byatangajwe mbere.

Kuri ubu uyu muminisitiri avuga ko umutekano we uri mu kaga kubera aba bajenerali avuga ko bubashywe muri Leta ya Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *