Taiwan iravuga ko yabaze indege hafi 50 z’u Bushinwa hafi yayo

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’ingabo ya Taiwan iravuga ko kuri uyu wa Kabiri yasanze indege 47 za gisirikare z’Abashinwa zikikije icyo kirwa .

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byavuze ko hari umuyobozi mukuru mu by’umutekano wa Taiwan, uvuga ko “amato agera kuri 90” y’Abashinwa barwanira mu mazi n’abasirikare barinda inkombe byagaragaye mu mazi hafi y’icyitwa urunigi rwa mbere rw’ibirwa, ruhuza Okinawa, Taiwan na Philippines.

Minisiteri y’ingabo yavuze ko mu masaha 24 ashize indege 47 n’amato 12 y’intambara byagaragaye hafi ya Taiwan.

Yongeyeho ko uyu ari wo mubare munini w’indege zagaragaye hafi y’ikirwa umunsi umwe mu mezi abiri ashize, aho hagaragaye ubukana mu mikino y’intambara y’u Bushinwa ku kirwa.

Uruzinduko rwa Perezida wa Taiwan, Lai Ching-te muri Amerika mu cyumweru gishize, rwateye uburakari bwinshi u Bushinwa, bitera ubwoba ko umwuka mubi wakwiyongera.

Biteganijwe ko u Bushinwa buzatangiza imyitozo ya gisirikare hirya no hino mu nkengero za Taiwan mu rwego rwo gusubiza uru ruzinduko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *