Kuri uyu wa Kabiri, Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwa Zambia rwemeje ko uwahoze ari Perezida, Edgar Lungu, atemerewe kwiyamamariza indi manda nyuma yo gutangaza ko agarutse muri politiki mu mwaka ushize .
Urukiko Rukuru rwo muri iki gihugu rwemeje ko manda ya mbere ya Lungu, yakoze kuva mu 2015 kugeza 2016 nyuma y’urupfu rw’uwahoze ari perezida, Michael Sata, ibarwa nka manda yuzuye.
Manda ye ya kabiri yabaye kuva muri Nzeri 2016 kugeza Kanama 2021, hanyuma ishyaka rye riha kandidatire yaryo Hakainde Hichilema mu matora yo mu 2021.
Umwanzuro nk’uko umuyoboke wa Patriotic Front (PF) yabitangarije Reuters wagize uti: “kubw’ibyo Edgar Chagwa Lungu yatowe kabiri kandi akora imirimo inshuro ebyiri”.
“Urukiko rusanze atemerewe kongera kwimamaza no kwitabira amatora ayo ari yo yose mu gihe kizaza nk’umukandida ku mwanya wa perezida.”
Mu muhango wo kwibuka Sata mu Kwakira 2023, Lungu yavuze ko azava mu kiruhuko cy’izabukuru akagaruka muri politiki.
Kugaruka kwa Lungu kwakurikiwe n’ifatwa ry’abantu benshi bo mu muryango we, barimo n’umugore we, akekwaho gutunga ibyavuye mu byaha.


