GeyJRLoXoAAe4H9

Luanda: Ba minisitiri ba RDC n’u Rwanda bongeye guhura mbere ya ba perezida

Sangiza iyi nkuru

Ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 14 Ukuboza 2024, bahuriye mu Nama ya 7 y’Abaminisitiri ku Mahoro n’Umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umunsi umwe mbere y’inama y’abakuru b’ibihugu iteganyijwe kuri iki Cyumweru.

Ibinyujije kuri X, minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yavuze ko Minisitiri Nduhungire ari i Luanda kubw’inama ya 7 y’Abaminisitiri ku Mahoro n’Umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ku buhuza bwa Repubulika ya Angola.

GeyJcH WcAAJZVu

Mu nama nk’iyi iheruka, yo ku itariki ya 25 Ugushyingo, hasinywe kuri raporo ikubiyemo gahunda yo gusenya umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994  igizwe n’ibikorwa bizamara amezi atatu kandi bigakorwa mu byiciro bitatu.

GeyJRLoXoAAe4H9

Hagati aho, kuri iki Cyumweru, itariki 15 Ukuboza 2024, hateganyijwe ibiganiro biza guhuza Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, na mugenzi we wa RDC, Felix Tshisekedi, biza kuba bihagarikiwe na Perezida wa Angola.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *