Mu gihe Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zivuga ko zabashije kubona intsinzi zimwe na zimwe kuri M23 mu duce tumwe na tumwe twa Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru, izi ngabo zirahakana ko ziri muri Alimbongo muri ako karere n’ubundi.
Nk’uko umuvugizi w’ibikorwa bya gisirikare bya Sukola Grand Nord abitangaza, ngo uyu mujyi w’ingenzi rwose uri mu maboko y’inyeshyamba. Lt. Col. Mack Hazukay yakomeje ashinja izo nyeshyamba za M23 kwishora mu bikorwa byo gusahura imitungo yasizwe n’abaturage bahunze. Uruhande rwa M23 ntacyo rurabivugaho.
Lt. Col. Mack Hazukay imbere y’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, itariki 23 Ukuboza 2025 yagize ati:“(…) Bitandukanye n’ibihuha bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, FARDC ntabwo iri muri Alimbongo. Ni abaduteye basahura inzuri ndetse n’imirima byatawe b’abaturage b’abanyamahoro muri ako karere. ”
Kuva ku wa Gatandatu, itariki ya 21 Ukuboza, amakuru atandukanye ava ku ruhande rwegamiye kuri leta yavugaga ko Alimbongo yongeye kwigarurirwa n’Ingabo za Congo yari yuzuye mu mbuga nkoranyambaga. Amashusho yerekanaga abo bitaga abarwanyi ba M23 bishwe muri iki gitero yarakwirakwijwe cyane.
Ku rugamba, imirwano yo ikomeje gufata intera. Ingabo za Congo zongeye gukoresha uburyo bwo mu kirere, cyane cyane indege z’intambara za Sukhoi na kajugujugu kimwe na drone.


