Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Mutarama 2025, waramukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni imirwano yaramukiye mu duce twa Kahira muri Chefferie ya Bashali, Kaniro ndetse na Katale hafi y’umuhanda ujya muri Centre ya Masisi.
Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko mu ma saa mbili M23 yari yamaze gufata Kaniro; ndetse amakuru avuga ko nta gihindutse izi nyeshyamba zishobora kugera Masisi Centre mu gihe cya vuba.
Ni nyuma yo kugaba ibitero bitunguranye ku birindiro bya FARDC n’imitwe ya Wazalendo bafatanya muri iriya ntambara.
Imirwano yo kuri uyu wa Kane muri Masisi ije ikurikira ku yindi ikaze yari imaze ukwezi ibera mu bice bya Teritwari ya Lubero.
Kuva mu mpera z’umwaka ushize kandi M23 na FARDC bari kurwanira bya hato na hato mu bice bya Kibumba no mu nkengero zaho, muri Teritwari ya Nyiragongo.


