Depite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Muhammad Ssegirinya, kuri uyu wa Kane yabitswe ari muzima.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ni bwo inkuru yabaye kimomo ko Ssegirinya uhagarariye agace ka Kawempe North mu Nteko Ishinga Amategeko yapfuye.
Ibitangazamakuru birimo Televiziyo ya NTV, Daily Monitor na ChimpReports biri mu byafashe iya mbere mu kumubika.
Umuyobozi w’Ishyaka NUP akomokamo, Robert Ssentamu Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ na we yari yamubitse abinyujije ku rubuga rwe rwa X, gusa nyuma aza kwemeza ko akiri muzima.
Ati: “Gutanga umucyo: Nk’uko abaganga babivuga, Hon. Ssegirinya yapfuye ubwonko, imyanya ye y’umubiri ntiri gukora, ariko ntabwo biratangazwa ko yapfuye.”
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among na we yemeje ko agatima ka Ssegirinya kagitera, n’ubwo na we yemeje ko ibice by’umubiri we byari byahagaze gukora.
Ssegirinya w’imyaka 36 y’amavuko, yinjiye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda nk’umudepite muri 2021.


