trump10

Trump yiyemeje kwigarurira Gaza, Abanyapalestina bagatuzwa ahandi

Sangiza iyi nkuru

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko Amerika “izigarurira” kandi “ikayigira iyayo” Gaza nyuma yo gutuza Abanyapalestine ahandi muri gahunda idasanzwe yo kuvugurura ibintu yavuze ko ishobora guhindura ako gace “Riviera yo mu Burasirazuba bwo Hagati”.

Perezida Trump yatangaje izo ngamba nshya z’igihugu cye mu Burasirazuba bwo Hagati, ariko adatanze ibisobanuro birenzeho, mu kiganiro cyari kigenewe abanyamakuru ari kumwe na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu.

Mbere y’uko Trump atangaza izi ngamba, yari yatunguye benshi yumvikanisha ko Abanyapalesitina bo muri Gaza bagomba gutuzwa mu bindi bihugu bituranyi ku buryo buhoraho.

Perezida Trump yumvikanishije ko Amerika izafata Gaza, kandi ko izahashyira ibikorwa by’iterambere.

Imbere y’abanyamakuru ati: “tuzahagira ahacu, kandi tuzakora ibihakenewe byose byo gusenya no guturitsa za bombe zihateze n’izindi ntwaro.

Netanyahu, washimye Trump nk ‘“inshuti ikomeye” Israel yigeze igira, yavuze ko gahunda ya Perezida wa Amerika yari ikwiye “gutekerezwaho” kandi ko ishobora “guhindura amateka”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *