Umutwe wa M23 uheruka kwigarurira Umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, wafashe ibikoresho byinshi Ingabo za leta zifashishaga mu ntambara yari ihanganyishije impande zombi, birimo n’indege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25.
Iyi ndege n’izindi ntwaro nyinshi zirimo izo mu bwoko bwa Katyusha, BM-21 n’izindi nyinshi z’imisada, M23 yazifatiye mu kibuga cy’indege cya Goma aho zari zishinze.
Iki kibuga M23 yagifashe nyuma nyuma y’imirwano yamaze iminsi ibiri yatangiye ku wa 26 Mutarama 2025.
Ni imirwano M23 yari ihanganyemo n’abasirikare babarirwa muri 480, barimo abo mu mutwe w’ingabo zidasanzwe za RDC (Hiboux) n’abo mu mutwe urinda Tshisekedi (Garde RĂ©publicaine).
Kuri ubu aba basirikare M23 yamaze kubafata mpiri ndetse ibambura intwaro zose bifashishaga bayirasaho.
Amashusho yafashwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), yerekana Sukhoi-25 ya FARDC, kajugujugu za gisirikare n’ibibunda bya FARDC biri ku kubuga cy’indege cya Goma kuri ubu kigenzurwa na M23.
Sukhoi-25 umutwe wa M23 wigaruriye, FARDC yayifashishaga mu kurasa ku birindiro bitandukanye by’uriya mutwe muri Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru kandi avuga ko intwaro inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zafashe ari zo FARDC n’abayifasha ku rugamba bakoresheje mu cyumweru gishize barasa ku butaka bw’u Rwanda.


