Umuryango w’Abibumbye watangaje ko imirwano yasize umutwe wa M23 wigaruriye Umujyi wa Goma mu cyumweru gishize, yazize hapfuye abantu barenga 700 na ho abarenga 2,800 barakomereka.
Byatangajwe n’Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru.
Stéphane Dujarric yavuze ko iriya mibare yamenyekanye biciye mu isuzuma Loni yakoze ifatanyije na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Yavuze ko hari impungenge z’uko iyi mibare ishobora gutumbagira mu minsi iri mbere.
Ku wa 25 Mutarama ni bwo M23 yigaruriye Umujyi wa Goma ikigenzura magingo aya, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Loni ntiyigeze isobanura niba abaguye mu mirwano yasize uyu mujyi ufashwe baba ari abasivile gusa cyangwa niba harimo n’abasirikare bo mu ngabo zari zihanganye.


