Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Col. Rugabisha Alexis wari umwe mu basirikare ba RDC bayoboye urugamba ingabo z’iki gihugu zihanganyemo n’umutwe wa M23 yaba yishwe.
Colonel Rugabisha yari umuyobozi w’ingabo za FARDC zarwaniraga mu duce twa Ngungu na Nyabibwe.
Kugeza ubu haracyari urujijo ku rupfu rw’uyu Ofisiye w’Umunyamulenge, kuko amakuru avuga ko yaba yishwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23, andi akavuga ko yaba yishwe na bagenzi be bo muri FARDC bamushinja ubugambanyi.
Mu mwaka ushize ubwo Colonel Rugabisha na mugenzi we, Lt. GĂ©n Pacifique Masunzu bahabwaga inshingano zo kuyobora urugamba FARDC imaze igihe ihanganyemo na M23, bamaganiwe n’Abanye-Congo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bashinjwa kugambanira bene wabo.


